00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwiza yakomoje kuri Coach Gael na Tonzi baragijwe album ye nshya, ntibitabire igitaramo cyo kuyimurika (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 13 March 2025 saa 11:20
Yasuwe :

Akigera ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe mu ijoro ryo ku wa 12 Werurwe 2025, Bwiza ukubutse i Burayi aho yamurikiye album ye ya kabiri yise ’25 Shades’, yakomoje kuri Coach Gael na Tonzi baragijwe iyi album ye, ntibitabire igitaramo cye.

Ubwo yari abajijwe kuri Coach Gael na Tonzi batitabiriye igitaramo cye nyamara yari yabaragije album ye, Bwiza yagize ati “Tonzi yari i Burayi ariko agira gahunda z’umuryango, Coach Gael nawe yagize gahunda zatumye atabasha kwitabira ariko mpamya ko ibintu byose yabikurikiye gatanu kuri gatanu.”

Mu minsi ishize nibwo byari byatangajwe ko Bwiza uri mu bahanzikazi bagezweho mu Rwanda yaragije album ye ya kabiri, Coach Gael na Tonzi, abagira abantu bagomba kuyikurikirana no kuyitiza umurindi ngo igere kure.

Icyo gihe, Uhujimfura Jean Claude ureberera inyungu z’uyu muhanzikazi yavuze ko ari ikintu batekereje, nyuma yo kubona gikwiriye kandi cyagira umumaro mu kumenyekanisha album yabo nshya.

Ati “Nibwo bwa mbere album ihawe Parrain na Marraine. Kubera ko aba ari abantu bagiye kugufasha ngo urugendo rwa album rugere kure. Umuntu witwa Coach Gael na Tonzi nibo twahisemo.”

Yakomeje ati “Uribuka nshyiraho gahunda yo kugurisha album miliyoni 1 Frw, ukuntu batabyumvaga? ikintu abantu baba babura ni ukubereka ko icyo kintu kibaho. Mbere y’uko dushyira hanze indirimbo zigize album twahisemo kuyiragiza aba bantu.”

Ku rundi ruhande, Bwiza ahamya ko igitaramo cye cyagenze neza cyane ko cyitabiriwe n’abakunzi b’umuziki batari bake by’umwihariko akaba yarakozwe ku mutima no kubona abakunzi be batari urubyiruko gusa.

Iki gitaramo cyabereye mu Bubiligi, Bwiza ahamya ko nyuma yacyo ateganya gutaramira mu Rwanda nubwo amakuru yose y’iki gitaramo atarayatangaza.

Album ‘25 Shades’ Bwiza yamuritse byitezwe ko izajya hanze ku wa 28 Werurwe 2025 ari nabwo abakunzi b’uyu muhanzikazi bazayumva byeruye.

Bwiza yamurikiye album ye '25shades' i Burayi
Bwiza yashimiye The Ben wamufashije bagakorana indirimbo
Tonzi yari i Burayi ndetse yanitabiriye imyitozo ya nyuma ya The Ben na Bwiza, ariko ntiyabashije kwitabira iki gitaramo
Bwiza yasobanuye impamvu Coach Gael na Tonzi yaragije album ye batitabiriye igitaramo yakoreye mu Bubiligi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .