Bwiza na DJ Toxxyk bari no mu myiteguro y’igitaramo cyo kumurika album ‘25 Shades’ y’uyu muhanzikazi, kikazabera mu mujyi wa Bruxelles ho mu Bubiligi aho bazahurira na The Ben.
Mbere y’uko berekeza mu Bubiligi, aba banyamuziki byemejwe ko bazataramira muri BK Arena mu gitaramo cya Move Afrika bazahuriramo na John Legend.
Ni ubwa kabiri igitaramo cya ’Move Afrika’ kigiye kubera mu Rwanda, ubwo giheruka kuba mu Ukuboza 2023 cyari cyatumiwemo abarimo Kendrick Lamar uri mu bahanzi bafite izina rikomeye mu muziki w’Isi.
Ibikorwa by’umushinga ‘Move Afrika’ by’uyu mwaka bigamije ubukangurambaga bushingiye ku baturage, buharanira iterambere rirambye n’iterambere ry’ubukungu, hibandwa cyane ku gushimangira gahunda z’ubuzima muri Afurika.
Hamwe n’abafatanyabikorwa mu bukangurambaga, ‘Global Citizen’ itegura ‘Move Afrika’ izasaba ibihugu by’Afurika kongera inkunga ihabwa ibijyanye n’ubuzima mu bihugu byabo, gushyira imbere ubuvuzi bw’ibanze, ubuzima n’uburenganzira bwa muntu mu by’imyororokere, kuzamura ishoramari ku isi mu guhangana n’ibibazo by’ubuzima no kugabanya ibibazo by’imari ku bihugu kugira ngo ubuzima bw’abaturage muri rusange bushimangirwe.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!