Uku gukozanyaho kwatangiye kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane Facebook, aho Belle 9ice yabanje kwishongora kuri Monia Fleur amubaza niba umugabo we yari ameze nk’aho yamutije, yamuryohereje.
Uyu mukobwa yashyize ubutumwa kuri Facebook buherekejwe n’amafoto ya Sat-B na Monia Fleur, arangije aragira ati “Monia Fleur nizere ko umugabo wanjye yakuryohereje.”
Monia nta kuzuyaza yahise aza ahatangirwa ibitekerezo ku butumwa bwa mugenzi we, amubwira ko uretse kumuryohereza azi kunoza amabanga y’abashakanye mu buryo bwimbitse.
Ibi bitekerezo by’aba bakobwa ntabwo byakiriwe neza n’abakurikira umuziki bamaze iminsi binubira ko nta muhanzi w’Umurundi ukirenga umutaru ngo agere kure abe yarenza umuziki we imbibi z’u Burundi.
Ibi babishimangira banemeza ko kuba nta n’umwe uhakomoka watumiwe mu birori bya Trace Awards biheruka kubera muri Zanzibar ari ikibazo gikomeye.
Abandi bavuze ko aba bahanzi bashobora kuba bagiye guhurira mu ndirimbo bakaba babikoze kugira ngo bongere kuvugwa cyane.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!