Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 28 Gashyantare 2025 ni bwo Burna Boy n’abo bari kumwe bageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyitiriwe Jomo Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya kuva mu 1964 kugeza mu 1978.
Akigera ku kibuga cy’indege, Burna Boy yakiriwe n’uwateguye iki gitaramo, Madfun wari kumwe n’itsinda ry’abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru binyuranye muri Kenya.
Burna Boy yageze muri Kenya ahurirana n’inkuru za Polisi yo muri iki gihugu ihamagararira abaturage kuzitwararika umutekano ku bazaba bitabiriye iki gitaramo ndetse no kwitega umuvundo w’imodoka mu Mujyi wa Nairobi.
Mu byo Burna Boy yasabye mbere yo kujya i Nairobi, harimo kwishuurwa agera kuri miliyoni 1$ (arenga 1 400 000 000Frw) bakamwishyurira indege ye yihariye, abamutumiye bakazirikana ko we n’itsinda bari kumwe bazaba muri hoteli y’inyenyeri eshanu.
Uretse kuba ari hoteli y’inyenyeri eshanu, igomba kuba irimo ibyo kunywa bifuza, imbuto n’amazi, hakiyongeraho n’icyumba cyo kunyweramo itabi.
Burna Boy w’imyaka 33 y’amavuko ni umwe mu bahanzi bagezweho ku Isi nzima, akaba akunzwe mu ndirimbo nka On the law, Last Last, Ye, For my hand yakoranye na Ed Sheeran n’izindi nyinshi.






Amafoto: Tresor Raban
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!