00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bull Dogg yasobanuye impamvu atasohoye album yasezeranyije abafana be

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 25 December 2024 saa 08:34
Yasuwe :

Nyuma yo kwegukana ibihembo bibiri bya Isango na Muzika Awards, Bull Dogg yemeje ko umwaka wa 2024 wamugendekeye neza nubwo atabashije kumurika album ye yise ‘Impeshyi 15’ yari amaze igihe ararikiye abakunzi be.

Akomoza kuri album ye ‘Impeshyi 15’ atabashije kumurika, Bull Dogg yavuze ko yabaye aretse kuyisohora kuko yari afite ibikorwa byinshi bituma ayigiza inyuma.

Ati “Nari narateganyije gusohora album yanjye ‘Impeshyi 15’ ariko byagiye bihurirana n’ibindi bikorwa byinshi byashyigikira injyana ya Hip Hop, njye buriya ndeba injyana muri rusange kurusha uko nareba ibikorwa byanjye.”

Ku rundi ruhande, Bull Dogg yavuze ko mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2025 ari bwo azaba ayisohora cyane ko ibikorwa byo kuyitegura byarangiye.

Ibi Bull Dogg yabikomojeho nyuma yo kwegukana ibihembo bibiri mu Isango na Muzika Awards, aho yahembwe nk’Umuraperi w’umwaka ndetse ahabwa n’igihembo cy’Umuhanzi wakoze album y’umwaka ‘Icyumba cy’Amategeko’ ahuriyeho na Riderman.

Uyu muraperi ahamya ko ubu igikorwa ashyizemo imbaraga ari igitaramo ‘Icyumba cya rap’ kizabera ku musozi wa Rebero ku wa 27 Ukuboza 2024, kikazahuriramo abaraperi barenga 12.

Bull Dogg ni umwe mu baraperi batumiwe mu gitaramo 'Icyumba cya rap'
Bull Dogg yasubitse ibyo gusohora album 'Impeshyi 15' yari yarijeje abakunzi be
Bull Dogg yegukanye ibihembo bibiri mu 'Isango na Muzika Awards'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .