00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bull Dogg yahaye icyubahiro Tom Close bamaze imyaka irenga 15 baziranye

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 4 March 2025 saa 01:43
Yasuwe :

Bull Dogg umaze imyaka 15 aziranye na Tom Close, aho bafitanye indirimbo eshatu, yavuze ko ari umugabo wamubereye inshuti nziza ndetse akajya amugira inama nziza, ibituma ari umuhanzi yubaha cyane akanamwifuriza iterambere.

Ibi bikubiye mu butumwa uyu muraperi yatambukije ku mbuga nkoranyambaga, aho yibukije abamukurikira ko Tom Close ari umwe mu bahanzi yubaha bikomeye.

Ati “Tom Close nta kindi mugomba usibye kumwubaha. Tuziranye imyaka irenga 15, icyo gihe cyose yambereye umuvandimwe n’umujyanama mwiza wafatiraho urugero. Ndamwifuriza iterambere we n’umuryango we no guhozaho umutima wo gukunda igihugu.”

Ibi Bull Dogg yabigarutseho nyuma y’uko aba bahanzi bombi bashyize hanze indirimbo ya gatatu bakoranye bise ‘Cinema’ kuri ubu yanamaze gusohoka mu buryo bw’amashusho. Ikirikiye iziririmo ‘Igikomere’ bakoranye mu myaka irindwi ishize ndetse na ‘A voice note’ yasohotse kuri album ‘Essence’ ya Tom Close yagiye hanze mu 2023.

Mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, Tom Close yahamije ko Bull Dogg ari umuhanzi bahuza cyane.

Ati “Igihe cyose tukiri kumwe muri uyu muziki, ntarawuvamo cyangwa ngo awuvemo, ni umuhanzi duhuza cyane ku buryo iyi siyo ndirimbo ya nyuma dukoranye, tuzanakorana n’izindi nyinshi.”

Bull Dogg yahaye icyubahiro Tom Close bamaze imyaka irenga 15 baziranye ndetse banamaze gukorana indirimbo eshatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .