Aba bahanzi uretse guhuza ku rutonde rwa bagenzi babo batanu basanga bakwiye icyubahiro kidasanzwe mu muziki, banahuje uburyo bakurikirana.
Bull Dogg
Papa Cyangwe ahamya ko impamvu yashyize Bull Dogg ku mwanya wa mbere, ari uko ari umugabo witangiye injyana ariko agakunda bikomeye gufasha barumuna be.
Ku rundi ruhande, Papa Cyangwe yashimiye Bull Dogg kuba ari umuntu ugerageza kujyana n’ibigezweho ku buryo umuziki utajya umusiga.
Riderman
Papa Cyangwe yagaragaje ko Riderman yambuye Hip Hop kuba injyana y’imbobo nk’umwe mu babayeho neza ariko banafite umuryango ariko ku rundi ruhande, yanakoze indirimbo nyinshi zakunzwe bikomeye.
Ahamya ko Riderman ari umwe mu baraperi bagaragaje ko wabaho neza ukora Hip Hop kandi atarigeze anagaragara mu nkuru z’ibiyobyabwenge n’ifungwa rya hato na hato.
Jay Polly
Papa Cyangwe ahamya ko Jay Polly ari umwe mu baraperi bagaragaje ko Hip Hop ari injyana ikunzwe bikomeye ndetse abantu barabibona.
Ku rundi ruhande Jay Polly ni umwe mu bahanzi bakoze indirimbo zakunzwe bikomeye nk’uko n’abakunzi be bagiye babimwereka mu bitaramo bitandukanye.
P Fla
Ku bwa Papa Cyangwe P Fla ni umwe mu baraperi batazibagirana kubera uburyo yinjije ‘Gang Star Rap’ mu Rwanda, yadukana imyambarire n’imivugire ya Kiraperi biragenda bihindura uruganda rw’umuziki.
Uyu muraperi ahamya ko benshi mu baraperi bakiri bato bakuze bigana P Fla yaba mu mivugire n’imyambarire.
Fireman
Uyu muraperi wabarizwaga mu itsinda rya Tuff Gang, Papa Cyangwe ahamya ko aza kuri uru rutonde kuko ari umuhanga mu muziki by’umwihariko akagira impano idasanzwe n’umurava mu kazi.
Ku rundi ruhande Racine na we ahamya ko ahuje na Papa Cyangwe uburyo uru rutonde yaruvuze ndetse n’impamvu bakaba bazihuje.
Ati “Urutonde turaruhuje ndetse n’impamvu urebye zijya kumera kimwe rwose.”
Papa Cyangwe na Racine bari mu baraperi bamaze igihe mu muziki w’u Rwanda, nubwo badahabwa amahirwe kenshi mu bitaramo ariko bafite ibikorwa bitari bike.
Muri iyi minsi aba baraperi bahuriye mu ndirimbo yabo nshya bise ‘100’ baherutse gushyira hanze yaba mu buryo bw’amajwi n’amashusho.







TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!