Bruce Melodie ategerejwe muri ‘Kampala Comedy Club’ yatumiwemo n’umunyarwenya Alex Muhangi.
Iki gitaramo byitezwe ko kizabera mu kabari kitwa ‘La cueva’ ku wa 19 Ukuboza 2024, akazagihuriramo n’abanyarwenya barimo Dr Hilary Okello, Teacher Mpamire, Cotilda, Napoleone n’abandi benshi.
Kwinjira muri iki gitaramo ni amashilingi ya Uganda ibihumbi 100, miliyoni 1.2 ku meza y’abantu batanu ndetse na miliyoni ebyiri ku meza y’abantu umunani.
Bruce Melodie yerekeje i Kampala mu gihe akomeje imyiteguro yo gutaramira i Kigali, aho azumvisha abakunzi be kuri album ye ‘Colorful generation’ yitegura gusohora ku wa 21 Ukuboza 2024.
Ni igitaramo uyu muhanzi yatumiyemo abarenga 500 bazitabira bambaye imyenda y’imikara.
Mu bamaze kwemeza kuzitabira iki gitaramo, harimo Minisitiri w’Urubyiruko no guteza imbere ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah ndetse na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Amb. Nduhungirehe Olivier.
Will you attend @BruceMelodie's Album Listening Party this Saturday?
I will!
🔥🔥🔥 pic.twitter.com/UbAdOkzqpq
— Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) December 17, 2024
.@BruceMelodie wiriwe,
Nditegura kuza muri iyi event waduteguriye. Ariko nibwo bwa mbere nzaba nitabiriye ibi byitwa #LISTENING .
1. Nzaza nitwaje headphones?
2. Uzaturirimbira LIVE?🤔Mbese ndi muri #Kasongo mood.
Nsobanurira hamwe n’abo tuzazana. pic.twitter.com/Cq1mdPZvdw
— UTUMATWISHIMA (@jnabdallah) December 16, 2024
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!