Iki gitaramo cyabereye kuri ‘Heza beach’ i Rubavu. Cyatangijwe n’aba-Djs basusurukije abakunzi b’umuziki, maze Kid from Kigali ugezweho mu ndirimbo nka ‘Muraho’ ahamagarwa ku rubyiniro.
Uyu musore yatanze ibyishimo ariko ubwo ibintu byari biri kuva mu bwiza byinjira mu bundi. Kivumbi King ni we wari ugezweho, gusa uyu musore ukundwa na benshi ntiyashoboye gushimisha abafana be nk’uko byari biteganyijwe.
Mu gihe uyu musore yatangiraga kwitakuma ashimisha abafana, ibyuma byatengushye abateguye iki gitaramo bikajya bivaho, amajwi ntasohoke. Uyu musore yari arimo gucurangirwa na Symphony Band.
Uyu muhanzi yaje kuva ku rubyiniro adatanze ibyishimo yari yitezweho, ubwo kabuhariwe Bruce Melodie ni we wagombaga kumukurikira. Uyu mugabo ntiyashoboye gususurutsa abakunzi be bari bamwiteze cyane.
Symphony Band yagerageje gucomeka ibyuma byayo inshuro eshanu zose birananirana, ari nabwo hafatwaga icyemezo kigoye cy’uko Bruce Melodie wari wageze ahagomba kubera igitaramo, atari bukore icyamujyanye.
Iyi ngingo yahinduye ibintu cyane, abafana bamwe batangira kwikubura barigendera. Aba-Djs bari hafi aho barimo Toxxyk na Marnaud bagerageje kugarura morale mu bafana wabonaga bacitse intege ariko biba iby’ubusa.
Hagati aho, Bruce Melodie yahise afata iya mbere, akoresha imbuga nkoranyambaga ze mu gusaba imbabazi abakunzi be bamutegereje amaso agahera mu kirere.





















Amafoto: Kwizera Moses
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!