00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Boukuru yashyize hanze indirimbo ziri kuri album ‘Gikundiro’

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 6 January 2025 saa 06:29
Yasuwe :

Umuhanzikazi Uwase Bukuru Christiane ukoresha amazina ya Boukuru mu muziki, yatangiye umwaka aha bakunzi be ibihangano bigize album ye ya mbere yise “Gikundiro” aheruka kumurika.

Kuri ubu indirimbo ziri kuri ’Gikundiro’ ziboneka kuri YouTube.

Ni album uyu mukobwa yamuritse tariki 6 Nzeri 2024, muri Norrsken House Kigali abifashijwemo n’inzu ifasha abahanzi abarizwamo yitwa Metro Afro yashinzwe Enric Sifa.

Iyi album igizwe n’indirimbo 10 yaherukaga kuyimurika mu birori yafatanyije n’abahanzi nka Impakanizi wishimiwe mu bihangano bye bitandukanye birimo indirimbo aheruka gushyira hanze yise “Ingabe”.

Uretse uyu muhanzi kandi yafatanyije na Peace Jolis ndetse na Alyn Sano.

Album ‘Gikundiro’ yakozweho n’abarimo Michael Makembe, Flyest Music na Shami Nehemmy. Hari kandi na Pappy Jay wo muri Nigeria akaba ari we wo hanze y’u Rwanda wayikozeho gusa. Ikozwe mu njyana nka Jazz, Soul na Funk.

Boukuru aheruka kuvuga ko yatangiye kuririmba mu 2018 ariko nyuma akaza kubona ko byavamo amafaranga biturutse ku kwitabira ArtRwanda - Ubuhanzi yamuhaye amahirwe atandukanye yo kubyaza umusaruro impano ye.

Reba ibihangano bigize album nshya ya Boukuru

Mu mwaka ushize Boukuru yamuritse album ye ya mbere, ateguza ibindi bikorwa byinshi bya muzika mu 2025
Boukuru ni umwe mu bahanzi bo guhangwa amaso mu 2025
Boukuru ni umunyempano uhambaye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .