00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Boukuru ntiyahiriwe muri ‘Prix Découvertes 2025’ yegukanywe n’Umunya- Guinée

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 18 February 2025 saa 02:19
Yasuwe :

Umuhanzikazi Boukuru Christiane wari mu 10 babashije kugera mu cyiciro cya nyuma cy’irushanwa ‘Prix Découvertes’, ntabwo yahiriwe kuko byarangiye ryegukanwe n’uwitwa Queen Rima ukomoka muri Guinée.

Queen Rima ubusanzwe witwa Marie Tolno ku myaka 27 y’amavuko, ni we watoranyijwe n’akanama nkemurampaka kari kayobowe n’umunyabigwi mu muziki wa Afurika, Angelique Kidjo.

Uyu mukobwa wegukanye iri rushanwa yavuze ko kwihangana kwe no kudacika intege ari byo bimufashije kuryegukana kuko yari arihataniye bwa gatatu.

Queen Rima yari mu 10 bahatanira igihembo cya ‘Prix Découvertes’ mu 2022 no mu 2023 hose agatahira aho.

Uretse kuba ari umuhanzi umaze kubaka izina mu njyana ya ‘Dancehall’, Queen Rima azwi cyane iwabo nk’umubyinnyi ukomeye wakunze guherekeza abahanzi banyuranye ku rubyiniro nk’umwe mu bari bagize itsinda rizwi cyane ‘Toxaï Girls’.

Queen Rima yegukanye iki gihembo atsinze abarimo Boukuru wari uhagarariye u Rwanda muri iri rushanwa icyakora utabashijwe guhirwa.

Nubwo abakurikiranira hafi ibya muzika bemeza ko Muyango n’Imitali batwaye iki gihembo mu myaka yo ha mbere, u Rwanda rugiheruka mu 2018 ubwo cyari cyegukanywe na Yvan Buravan.

Queen Rima wo muri Guinée ni we wegukanye ‘Prix Découvertes 2025’
Boukuru ntabwo yahiriwe muri ‘Prix Découvertes 2025’ yegukanywe n’umunya- Guinée

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .