Ibi bitaramo bya Bosco Nshuti byitezwe ko bizatangirira mu Bufaransa ku wa 17-18 Gicurasi 2025, bizakomereza muri Norvège ku wa 24-25 Gicurasi 2025, mu gihe azasoreza uku kwezi muri Suède ku wa 31 Gicurasi – 1 Nyakanga 2025.
Ukwezi kwa Kamena, Bosco Nshuti azaguhera muri Finland mu bitaramo bizaba ku wa 7-8 Kamena 2025 mbere y’uko asubira muri Suède ku wa 14-15 Kamena 2025.
Ku wa 22 Kamena 2025 uyu muhanzi azataramira muri Pologne, azasoreze ibitaramo bye muri Denmark ku wa 29-30 Kamena 2025.
Nyuma y’ibi bitaramo, Bosco Nshuti azahita asubira i Kigali mu myiteguro y’igitaramo cye ‘Unconditional love’ giteganyijwe ku wa 13 Nyakanga 2025.
Bosco Nshuti uzwi mu ndirimbo nka Ni muri Yesu, Yanyuzeho n’izindi, agiye gutaramira i Burayi nyuma yo gusohora indirimbo ye nshya yise ‘Ndishimye’.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!