Uyu mukobwa w’imyaka 12, Daily Mail yatangaje ko yahawe amakuru na bamwe mu nshuti z’umuryango w’ababyeyi be, ko nyuma yo kumara igihe agendana na nyina mu bitaramo bitandukanye ashaka kuba umuhanzi akubaka izina ku giti cye.
Umwe mu baganiriye n’iki kinyamakuru, yagize ati “Blue ubu yiteguye kuba umuhanzi ku giti cye.”
Ibi byose bivugwa byaje nyuma yaho uyu mukobwa agaragaye ku rubyiniro ari kumwe na nyina mu mukino wa NFL wahuje Houston Texans na Baltimore Ravens, aho umubyeyi we yaririmbyemo mu gihe amakipe yombi yari agiye kuruhuka.
Blue Ivy ntabwo ari ubwa mbere yari agaragaye ari kumwe na nyina cyane ko mu mwaka ushize bakundaga kuba bari kumwe uyu mukobwa ari kubyina, mu bitaramo bizenguruka Isi Beyoncé yakoze bya album yise “Renaissance” yagiye hanze mu 2022.
Ibyo bitaramo byatumye abantu benshi batangarira ubuhanga bwa Ivy mu kubyina, ndetse bamwe bavuga ko ari umunyempano udasanzwe mu kubyina cyane ko aribyo akora iyo yaherekeje nyina ku rubyiniro.
Icyo gihe na Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, yanditse ku rukuta rwe rwa Instagram agaragaza ko Blue Ivy kumureba ari kumwe na nyina ku rubyiniro byatumye yifuza kubyara.
Ati "Ndashaka umwana w’umukobwa ubu. Ibi bintu biteye ubwuzu kubireba."
Uretse umuziki kandi , Ivy aheruka kugaragara muri filime aho yakinnye mu yitwa “Mufasa: The Lion King”, igaragaramo na nyina Beyoncé.
Blue Ivy ni we mwana w’imfura wa Jay-Z na Beyoncé akurikirwa n’abandi bavandimwe be babiri. Uyu mukobwa ku wa 7 Mutarama umwaka utaha azaba yujuje imyaka 13.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!