00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bianca yakomoje ku irengero ry’ibirori bya ‘Bianca Fashion Hub’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 4 March 2025 saa 07:42
Yasuwe :

Umunyamakuru Uwamwezi Mugire uzwi nka Bianca Baby, yemeje ko ibirori bye ‘Bianca Fashion Hub’ agiye kongera kubisubukura nyuma y’imyaka ibiri y’ikiruhuko yari yarafashe, ahamya ko mu 2026 hazaba icyiciro cya gatatu cyabyo.

Ibi Bianca yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, aho yemeye ko abantu badaherutse ibi birori byari bimaze kubaka izina mu bijyanye no kumurika imideli, kuko yari yarihaye akaruhuko.

Ati “Ntabwo mubiheruka kuko nafashe akaruhuko k’umwaka wiyongera ku mwaka ushize nagizemo ibyago, ubu rero nabaye nihaye umwanya kugira ngo ibiganiro byanjye yaba kuri radiyo, televiziyo na shene yanjye ya YouTube bijye ku murongo, ubundi mbone kubisubukura.”

Ku rundi ruhande Bianca ahamya ko ibi birori bye byo kumurika imideli ‘Bianca Fashion Hub’ byakiriwe neza ku buryo atapfa kubireka.

Ati “Ni ibirori byabaga birimo abanyamujyi basa neza, natunguwe n’uko abantu batari n’ibyamamare babyumvise cyane kurusha n’ibyamamare natekerezaga ko ari bo bazajya babyisangamo kundusha.”

Ibi birori bya Bianca byatangiye mu 2021, byongera kuba mu 2022 biza gusibira mu 2023 naho mu 2024 ubwo yiteguraga kongera kubitegura akaba yaragize ibyago abura umubyeyi we.

Ubwo biheruka mu 2022, byayobowe na Nkusi Arthur afatanyije n’abarimo Umunyamakuru akaba n’Umunyamideli Kabagire Christelle afantije n’icyamamare muri Uganda Sheilah Gashumba.

Ni mu gihe akanama nkemurampaka kari kagizwe na Hamisa Mobetto, Abraynz na Patrick washinze inzu y’imideli ya Inkanda House. Naho ababyitabiriye bakaba barasusurukijwe n’abarimo Eddy Kenzo.

Kuri ubu Bianca ahamya ko uyu mwaka yihaye akaruhuko ko kubitegura, icyakora yizeza ko umwaka utaha nta kabuza abakunzi babyo bazongera kubibona.

Kugeza ubu uyu mukobwa nubwo atarasubukura ibi birori, yongeye gusubukura ibikorwa bye by’itangazamakuru aho kuri ubu ari umunyamakuru kuri SK FM na Isibo TV mu gihe yanatangije ikiganiro cye gitambuka kuri shene ye ya Youtube.

Ubwo byabaga bwa mbere, ni uku ibi birori byari byifashe
Anita Pendo uri mu bayobora ibirori bamaze igihe bagezweho, ni umwe mu bayoboye ibi birori ubwo biheruka kuba
Alyn Sano nawe yatanze ibyishimo mu birori bya ‘Bianca Fashion Hub’ biheruka kuba mu 2022
Mu 2022 Bwiza ni umwe mu bahanzi basusurukije abitabiriye ibi birori
Bianca ni uku yaserutse mu 2022 ubwo ibi birori byabaga ku nshuro ya kabiri
Bianca ku rubyiniro ari kumwe na Abraynz na Eddie Kenzo ku rubyiniro
Hamisa Mobetto ni umwe mu bari batumiwe muri ibi birori bya Bianca Fashion Hub
Sheilah Gashumba ni umwe mu bayoboye ibi birori ubwo biheruka kuba
Platini na Eddie Kenzo batanze ibyishimo muri ibi birori mu 2022

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .