00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Beyoncé yahagaritse ibyo gukina filime

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 13 March 2025 saa 06:56
Yasuwe :

Nyina wa Beyoncé, Tina Knowles, yatangaje ko umukobwa we yafashe umwanzuro wo guhagarika gukina filime yafatanyaga no gukora umuziki.

Tina Knowles usanzwe ari umuhanzi w’imideli akaba na nyina w’icyamamare Beyoncé, akoresheje Instagram ye yahishuye ko umukobwa we atazongera gukina filime.

Ibi yabikomojeho ubwo yarabonye amashusho avuga ko Beyoncé yakoze igikorwa cy’urukundo mu 2008 ubwo yafataga miliyoni 4$ yari yishyuwe akina muri filime ‘Cadillac Records’, maze akayafashisha ivuriro rya Phoenix House rivura ababaye imbata y’ibiyobyabwenge.

Tina avuga ku ndirimbo ‘All I Could Do Was Cry’ Beyoncé yaririmbye muri iyi filime yagize ati “Nayumvise inshuro nyinshi. Iyi filime iri muzo nkunda cyane kandi ituma nkumbura umwana wanjye wafashe umwanzuro wo kutazongera gukina filime. Yayitwayemo neza.”

Aya magambo ayatangaje nyuma yaho mu 2024 Beyoncé yari yavuze ko filime ‘Mufasa: The Lion King’ yahuriyemo n’umukobwa we Blue Ivy, ko ishobora kuba iya nyuma agaragayemo.

Nubwo benshi bamenye cyane Beyoncé mu muziki, yari asanzwe anakina filime, ndetse harimo izo yakinnye zamenyekanye zirimo nka ‘Dreamgirls’, ‘Obsessed’, ‘The Pink Panther’ n’izindi.

Beyoncé yahagaritse gukina filime
Beyonce yagiye akina filime zitandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .