Mu ijoro ryakeye, Umuhanzikazi Beyoncé yakoreye igitaramo mu Mujyi wa Dubai aho yahawe miliyoni 24$ akahataramira iminota 75.
Iki gitaramo cyari icyo gufungura ku mugaragaro Hotel yitwa Atlantis The Royal cyatumiwemo abantu batandukanye barimo umugabo we Jay-Z n’abana babo batatu, ababyeyi be Tina Knowles-Lawson na Mathew Knowles.
Ibi Beyoncé yabigarutseho ubwo yari mu gitaramo abwira abacyitabiriye ko atewe ishema no kubona abana be baje kureba uko umubyeyi wabo aririmba.
Nyuma y’umwanya muto Blue Ivy umukobwa wa Jay-Z na Beyoncé yakiriwe ku rubyiniro aririmbana n’umubyeyi we indirimbo bakoranye “Brown Skin Girl,” iherutse kwegukana igihembo cya Grammy mu 2021.
Muri iki gitaramo Beyoncé ntiyaririmbye zimwe mu ndirimbo ziri kuri album aherutse gukora yise ‘Renaissance’.
Yaririmbye indirimbo zirimo “Beautiful Liar,” yakoranye na Shakira “I Care,” “Ave Marie”, “Flaws and All.” “Halo,” “XO,” “Be Alive,” “Freedom,” “Spirit” “Bigger.” , “Crazy In Love,” “Countdown” ubwo yari ageze ku ndirimbo “Naughty Girl,” urubyiniro barwujuje amazi ababyinnyi bari kumwe bakomeza kuyabyiniramo.
Uyu muhanzikazi yakoranye n’Itsinda Orchestra Firdaus rigizwe n’abagore 48 bava mu bihugu 23 bitandukanye bakaba baregukanye Irushanwa America’s Got Talent umwaka ushize.
Beyonce aheruka kuririmba mu gitaramo mu 2018, icyo yakoreye Dubai cyabaye habura ibyumweru bibiri ngo habe ibirori byo gutanga Grammy Awards 2023, aho uyu muhanzikazi ahataniye ibihembo bigera ku icyenda.
Amashusho ya Beyoncé n’umukobwa we Blue Ivy Carter mu gitaramo bakoreye i Bubai
Blue Ivy and Beyonce performing “BROWN SKIN GIRL”. #DUBAICHELLA pic.twitter.com/1i2xRNYf9L
— Beyoncé Charts (@beycharts) January 21, 2023
Beyoncé performance in Dubai. #DUBAICHELLA pic.twitter.com/j59rNUNXW0
— Beyoncé Charts (@beycharts) January 21, 2023








TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!