Aba bahanzi kimwe n’Abanyarwanda barimo Bishop Aime Uwimana, Chryso Ndasingwa, Bosco Nshuti n’abandi bataramiye abitabiriye iki giterane cy’amasengesho y’iminsi ibiri.
Ni igiterane cyo gushima Imana, cyatangiye ku wa 4 Mata 2025 bikaba byitezwe ko kirangira kuri uyu wa 5 Mata 2025.
Uretse gutaramirwa n’abahanzi bafite amazina mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, abitabiriye iki giterane bahawe inyigisho zitandukanye ndetse abafite amashimwe bahabwa umwanya wo gutanga ubuhamya bwabo.
Kwinjira muri iki giterane nta kindi byasabaga uretse guseruka mu mwenda w’umweru, ubundi ukazinduka kuko imyanya yageze aho igashira.
Ku munsi wa nyuma w’iki giterane hari n’abahazindukiye cyane ko Saa Kumi n’Imwe za mu gitondo ab’inkwakuzi bari bamaze gufata imyanya.
Zoravo ukunze gutaramira mu Rwanda aho atumirwa kenshi n’amatorero anyuranye, ni umwe mu baramyi bazwi muri Tanzania.
Azwi mu ndirimbo nka ‘Majeshi ya Malaika’, ’Anarejesha’ yakoranye na Rehema Simfukwe na ’Ameniona’ yakoranye na Bella Kombo barikumwe muri iki giterane.
Uyu mugore ufatwa nk’umwe mu bakomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana muri Tanzania akunze gutumirwa mu biterane bya Grace room ministries.


































TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!