00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bazongere Rosine yakomoje ku nkomoko y’igitekerezo cy’urugendo rw’amaguru Kigali-Rubavu aherutse gukora (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 April 2025 saa 09:29
Yasuwe :

Bazongere Rosine wamenyekanye muri sinema y’u Rwanda by’umwihariko muri filime nka Papa Sava na Citymaid, yavuze ko urugendo Kigali-Rubavu aherutse gukora n’amaguru yarutekereje nyuma yo kugerageza urwa Kigali-Kinigi yakoze mbere.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Bazongere yavuze ko igitekerezo nk’iki cyakomotse mu ikipe y’abantu bakunze gukorana siporo ngororamubiri, zaba izo kugenda n’amaguru ndetse no guterera imisozi itandukanye yise ‘Walking for health body and mind’.

Nyuma yo gutangiza iyi kipe umwaka ushize, Bazongere yavuze ko we n’abanyamuryango bari bemeranyije ko bazitabira umuhango wo #KwitaIzina bagiye n’amaguru, gusa ku bw’amahirwe make ibirori biza guhagarara.

Ati “Twari twateguye ko tuzitabira umuhango wo #Kwitaizina tugiye n’amaguru icyakora biza guhagarara ku munota wa nyuma. Njye rero nari nateguye urwo rugendo naje kurukora ngenda ibirometero 105.”

Icyakora nubwo iki gikorwa cyahagaze bigatuma abarenga 17 bari biyandikishije kurukora batabigeraho, icyakora yizeza ko igihe kizasubukurirwa bazarukora.

Uyu mukobwa wari wakoresheje iminsi itatu mu birometero 105, avuga ko yifuje gukora urundi rugendo rwisumbuyeho ahitamo kwerekeza i Rubavu.

Bazongere wari ugeze bwa mbere mu Karere ka Rubavu ni uko yiyemeje gukora urugendo Kigali-Rubavu n’amaguru, akora ibirometero 150 mu gihe cy’iminsi ine.

Umunsi wa mbere w’uru rugendo yaraye kwa Nyirangarama mu Karere ka Rurindo, bucya atangira urugendo yakomereje i Musanze aho yaraye ku munsi wa kabiri.

Ku munsi wa gatatu yaraye mu Karere ka Nyabihu mbere y’uko atangira urugendo rwerekeza mu Karere ka Rubavu aho yageze kuri uyu wa 23 Werurwe 2025.

Uru ni urugendo Bazongere avuga ko yarukoze mu rwego rw’ubukangurambaga bwo gukora siporo ngororamubiri mu kurushaho kugira ubuzima bwiza, kuruhura umubiri ndetse no kuruhura ubwonko.

Uyu mukobwa yavuze ko ibirometero 93 bya mbere yakoze kuva i Kigali yerekeza i Musanze yabikoranye n’umusore witwa Cedric mbere y’uko ahura na Josiane bahagurukanye i Musanze berekeza i Rubavu, urugendo rw’ibirometero 57.

Uteranyije igihe yamaze mu muhanda, kigera ku masaha 34, iminota 39 n’amasegonda 26.

Umunsi wa mbere, Bazongere Rosine yakoze ibirometero 48 mu gihe cy'amasaha arenga 10
Umunsi wa kabiri, Bazongere yakoze ibirometero 44.9 mu masaha arenga 10
Umunsi wa gatatu Bazongere yakoze ibirometero birenga gato kuri 30 mu masaha arenga arindwi
Umunsi wa nyuma Bazongere yakoze ibirometero 27.1 mu masaha arenga atandatu
Bazongere Rosine yamaze umunsi urenga agenda n'amaguru mu rwego rwo gusoza isezerano yihaye
Avuga ko uru rugendo rwatumye arushaho gusura aka gace
Iminsi ine, ibirometero 150, Bazongere yarangije urugendo Kigali-Rubavu yakoraga n'amaguru
Bazongere Rosine ubwo yari ageze ku Nyundo yahafatiye ifoto y'urwibutso
Mu nzira ijya i Rubavu yagaragazaga ibyishimo byo kugera ku ntego ze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .