00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuhanzi Bahati ufite umugore uba muri Canada, yavuze ko urukundo rw’iya kure rutoroshye

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 21 January 2025 saa 10:45
Yasuwe :

Umuhanzi Bahati wamenyekanye cyane mu itsinda rya Just Family, yagaragaje ko kuba atabana n’umugore we, Unyuzimfura Cécile, ari kimwe mu bintu bimukomerera, icyakora akihangana kuko umutima we uba uri mu Mujyi wa Vancouver muri Canada, aho umugore we aba.

Ni amaramgamutima Bahati ugiye kumara imyaka ibiri ashinze urugo, yaragaragaje abinyujije muri ‘Extended Play: E.P’ nshya yashyize hanze, yise “Nk’abasaza”. Iriho indirimbo zirindwi.

Kuyikora byaturutse ku kuba yariyumvagamo inganzo ariko na none aterwa imbaraga n’abantu batandukanye bagiye bamusaba kugaruka mu muziki. Abo barimo nka Bob Pro, Evydecks, Young Grace n’abandi.

Ati “Natangiye kuyikoraho mu 2021. Natangiye kwandika indirimbo njya muri studio kwa Papito, ariko nari ntarafata umwanzuro wo gukora E.P. Twagiye kwa Bob Pro gukora ‘Mastering’ arambwira ati ‘ko muba muri abantu bakuru muri ibi bintu, kuki wafata umwanzuro wo kubivamo?’’

Bahati yavuze ko uko bwije n’uko bukeye byagiye bituma agira ibyiyumvo byo kongera gukora umuziki, ndetse bikamutera imbaraga kugeza akoze indirimbo nyinshi.

Ati “Iyo ndirimbo ntabwo yasohotse. Nyuma nza kubitekerezaho, nkora indi na Evydecks nise “Nk’abasaza” nahuriyemo na Amag G. Na bwo nasubiye kwa Bob arambaza ati ‘indirimbo zose ukora urazibika?’. Naje gufata umwanzuro wo gukora E.P biturutse kuri Bob Pro n’abandi twaganiraga.”

Avuga ko buri ndirimbo ifite ikintu isobanuye, atanga urugero ku yitwa ‘Happy’ yahimbiye umugore we.

Ati “Nari ndi kuvuga ko mukumbuye. Hari aho muri iyi ndirimbo mvuga nti ‘Umubiri wanjye wivuyangira muri Kigali ariko umutima wanjye uri muri Vancouver kuko umugore wanjye ni ho atuye’.”

Avuga ko ari indirimbo yahimbye ashaka kugaragaza ko gukundana n’umuntu uri kure yawe bisaba kwihangana no kwifata mu buryo bwose.

Bahati na Unyuzimfura Cécile, bashinze urugo ku wa 05 Kanama 2023. Kugeza ubu umwe aba i Kigali undi akaba ari muri Canada kubera ko hari ibitaratungana ngo babashe kuba hamwe yaba mu Rwanda cyangwa mu mahanga.

Kuri ‘Nk’umusaza’, Bahati yashyizeho indi ndirimbo yo gushimira Imana yise ‘Nuzuye Amashimwe’, avuga ko yayikoze kubera ko hari byinshi Imana yamukoreye. Ni indirimbo yahuriyemo na Manzi Muzik.

Uyu mugabo avuga ko iyi EP igiye kwerekana ko Bahati yagarutse mu muziki atari mu itsinda rya Just Family. Ati “Hari abanteze iminsi, nshaka kubereka ko naririmba njyenyine nkabishobora.”

Bahati yagaragaje ko umuziki awubaha cyane kuko wagiye umufasha muri byinshi, umwishyurira ishuri mu bihe bigoye, unatuma abantu bamumenya bakamukunda ndetse uranamutunga.

Umva indirimbo zigize EP ya Bahati

Bahati na Unyuzimfura Cécile, bashinze urugo ku wa 05 Kanama 2023
Bahati yashyize hanze E.P nshya iriho indirimo zirindwi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .