00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bahati Makaca yavuze ku gahinda yatewe n’inda y’umugore we yavuyemo

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 February 2025 saa 11:03
Yasuwe :

Bahati Makaca yahishuye uko amaze iminsi afite agahinda nyuma y’uko agize ibyago inda y’imfura ye n’umugore bari baherutse gukora ubukwe muri Nyakanga 2023, ikavamo.

Ibi uyu muhanzi yabigarutseho mu kiganiro ‘ISIBO Radar’ gitambuka ku Isibo, aho yari abajijwe ibijyanye n’ibyago umugore we aherutse kugira.

Aha Bahati akaba yagize ati “Mu minsi yashize umugore wanjye yaratwite bisanzwe ariko aza kuvira ku nda ivamo. Ntabwo nari nifuje kubivuga mu itangazamakuru ariko nahisemo kubivuga ngo nsubize abantu birirwa bambaza ngo ko mutabyara birengagije ko urubyaro rutangwa n’Imana ari nayo igena byose.”

Bahati yavuze ko nyuma y’ubukwe bwe bwabaye muri Nyakanga 2023, umugore we yari yavuye mu Rwanda atwite ariko ku by’ibyago bikaza kurangira inda ivuyemo.

Ku rundi ruhande, Bahati yavuze ko umugore we ameze neza ndetse mu Ugushyingo 2024 yari i Kigali aho bizihirije isabukuru y’amavuko mbere y’uko asubira muri Canada aho asanzwe atuye.

Uyu muhanzi wamamaye mu itsinda rya Just Family, aherutse gutangira urugendo mu muziki ku giti cye.

Mu minsi ishize, Bahati yashyize hanze EP ye nshya yise ‘Nk’abasaza’ igizwe n’indirimbo nka ’Nk’abasaza’, ’Sibi’, ’Nuzuye amashimwe’, ’Happy’, ’Kidogo’, ’Aye’ na ’Bareke’ yasubiyemo.

Bahati kandi yaboneyeho kwibutsa abakunzi be ko ubu ibintu bagiye kujya bamubonamo ari umuziki ndetse na sinema.

Bahati Makaca yahishuye uko umugore we aherutse kugira ibyago agakuramo inda
Bahati Makaca yahamije ko umugore we ameze neza nubwo aherutse kugira ibyago inda ye ikavamo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .