00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bad Rama yagaye Harmonize

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 Gashyantare 2023 saa 01:53
Yasuwe :

Umushoramari mu muziki akaba nyiri The Mane Music, Bad Rama yanenze imyitwarire ya Harmonize uherutse i Kigali akirengagiza iyi sosiyete yamufashije gutaramira bwa mbere mu Rwanda ndetse ntanatekereze ku bahanzi bayo bigeze gukorana indirimbo.

Mu kiganiro yahaye IGIHE, Bad Rama yagaye Harmonize ariko atunga agatoki abamutumiye abashinja kugaragaza ubushake buke mu bufatanye mu ruganda rwa muzika.

Harmonize yagiriye uruzinduko mu Rwanda ku butumire bwa 1:55AM Ltd ifasha Bruce Melodie.

Bad Rama ati “Harmonize twaramufashije muri iki gihugu, uretse no kumutumira mu bitaramo ni umuntu wafataga n’indege akaza kutureba, uribuka aza kureba Burna Boy n’ubundi twari kumwe. Icyakora kutatubonana nta kintu kirenze aka kanya nta kintu mukeneyeho wenda nawe ntabwo ankeneye.”

Bad Rama udaca ku ruhande yakomoje no ku kuba uyu muhanzi ashobora kuba yarirengagije ibyo gusura The Mane Music no kubonana n’abahanzi baho abibujijwe n’abamutumiye.

Ati “Ashobora kuba yarabuze umwanya reka mbyite gutyo, ariko birashoboka ko n’abamutumiye batari babishyigikiye, ariko byakabaye byiza nkuko bamutembereje mu masoko, bakamutembereza n’ahandi bakanamwibutsa ko mu Rwanda ahafite inshuti n’iyo we yaba yabyibagiwe.”

Uyu mugabo avuga ko iki kibazo kibaye cyaraturutse ku batumiye Harmonize atatungurwa kuko mu Rwanda nta bufatanye buranga ababarizwa mu ruganda rw’imyidagaduro.

Nk’umuhanzi ku giti cye, Harmonize yataramiye mu Rwanda mu 2018 ubwo yari yatumiwe mu bitaramo bibiri byabereye i Musanze no muri Camp Kigali.

Uretse ibi bitaramo, Harmonize yanakoreye mu Rwanda indirimbo ebyiri zose yakoranye n’abahanzi babarizwaga muri The Mane Music yari yamutumiye i Kigali aribo Safi Madiba na Marina.

Uretse kuba yarakoranye indirimbo n’abahanzi bo muri The Mane Music, mu 2019 Harmonize wari wamenye ko Burna Boy ari i Kigali yifuje ko bahahurira, yiyambaza Bad Rama amutegurira urugendo rwatuma banahura.

Niko byagenze, ku wa 23 Werurwe 2019, Harmonize wari uherekejwe n’abo muri The Mane Music ahurira na Burna Boy muri hotel i Kigali.

Mu mpera z’uwo mwaka ubuyobozi bwa The Mane Music bwatangaje ko buri gutegura urugendo rwa Harmonize i Kigali aho yagombaga guhurira n’itangazamakuru gusa ibyo bikorwa bikomwa mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19.

Umubano wa The Mane Music na Harmonize wagiye ukendera gahoro gahoro, uyu muhanzi wo muri Tanzania aza kunguka inshuti nshya ziyobowe na ’Bruce Melodie banamze gukorana indirimbo ebyiri tutabaze iziri muri studio.

Umubano wabo niwo watumye uyu muhanzi ahitamo gutemberera i Kigali yiyambaza Bruce Melodie wamufashije gutegura uru rugendo aherukamo akahava atanaramukije abo muri The Mane Music.

Bad Rama yagaye Harmonize uherutse kurenza ingohe The Mane Music
Harmonize yari aherutse gutegurirwa urugendo rwe i Kigali ahabonanira na Burna Boy
Ubwo Harmonize aheruka gutaramira i Kigali, yari yatumiwe na The Mane Music
Bad Rama avuga ko bishoboka ko abatumiye Harmonize i Kigali baba baranamubujije kureba abandi bahanzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .