00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Babahe agahenge! Dr Murangira yijeje ko RIB iri kuvugutira umuti ikibazo cya Danny Nanone n’umugore babyaranye

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 20 March 2025 saa 12:20
Yasuwe :

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yasabye abakoresha imbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru guha agahenge Danny Nanone n’umugore babyaranye mu rwego rwo kurinda abana babo, anongeraho ko baganirijwe hagamijwe gushaka umuti urambye wo gukemura ikibazo bafitanye.

Ibi Dr. Murangira yabigarutseho ku rubuga rwa ‘X’ aho yasubizaga uwari ugaruye kuri X agace k’ikiganiro Busandi yakoze, avuga ibibazo afitanye Danny Nanone akaba na se w’abana be.

Dr. Murangira yasabye abakoresha imbuga nkoranyambaga guha agahenge Danny Nanone n’umugore babyaranye cyane ko aba ari ababyeyi b’abana bakiri bato kandi bakeneye kurindwa.

Ati “Impande zombi zaraganirijwe ku buryo haboneka igisubizo kirambye. Ahubwo twabasaba kubaha agahenge ko kutabahoza ku mbuga nkoranyambaga. Bafite abana bato bakeneye kurindwa.”

Amakuru IGIHE ifite ni uko mu minsi ishize Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwaganirije Danny Nanone n’umugore babyaranye, mu rwego rwo kureba umuzi w’ikibazo cyabo kimaze imyaka irenga 10 kizenguruka mu itangazamakuru no mu nkiko.

Nyuma yo kuganira n’impande zombi, uru rwego rwiyemeje gushaka igisubizo kirambye.

Nta makuru menshi y’ibiganiro cyangwa umuti uri kuvugutirwa ikibazo cya Danny Nanone n’uyu mugore babyaranye aramenyekana cyane ko ari ibiganiro bigikomeje.

Ikibazo cya Danny Nanone n’uyu mugore babyaranye cyakomeje kuzenguruka mu itangazamakuru no mu nzego z’ubutabera kuva mu 2013 ubwo babyaranaga umwana wabo wa mbere kugeza n’ubu rwari rukigeretse.

Dr. Murangira B. Thierry yasabye abanyamakuru n'abakoresha imbuga nkoranyambaga guha agahenge Danny Nanone n’umugore babyaranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .