00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Azawi wari witabiriye igitaramo cya John Legend, yakozwe ku mutima na Perezida Kagame

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 February 2025 saa 09:22
Yasuwe :

Azawi uri mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Uganda, nyuma yo kwitabira igitaramo cya John Legend i Kigali, yakozwe ku mutima na Perezida Kagame utajya usiba kwifatanya n’urubyiruko yaba muri siporo n’imyidagaduro.

Aya ni amwe mu magambo yatambukije ku mbuga nkoranyambaga ze by’umwihariko ubwo yari muri BK Arena ahabereye igitaramo cya John Legend.

Bijya gutangira, yatangiye atera urwenya abamukurikira, avuga ko yaganiriye n’abubatse BK Arena bakamubwira ko bifuzaga kuyubaka iwabo muri Uganda.

Yakomeje avuga yanyuzwe no kuba yari yicaye hafi y’aho Perezida Kagame yari, avuga ko amukundira uburyo yisanisha n’urubyiruko.

Nyuma yo kubona uko Perezida Kagame adasiba kwitabira ibikorwa bimuhuza n’urubyiruko, Azawi byamurenze asaba ko na Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yajya yitabira ibikorwa by’imikino n’imyidagaduro.

Ati “Nabonye Perezida Kagame yitabira imikino, ibitaramo n’ibindi bikorwa, bimufasha kurushaho kwegera urubyiruko, ariko uwacu we akomeza ubuzima n’ubuyobozi bwe kandi ibi bintu numva ko bishobora kumufasha, akaruhuka. Ibi ni bimwe yakwigira kuri Perezida Kagame.”

Azawi witabiriye iki gitaramo, ni umwe mu bihumbi by’abanyamahanga biganjemo abaturage bo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba bari bakoraniye muri BK Arena kwihera ijisho igitaramo cya Move Afrika cyari cyatumiwemo John Legend.

Azawi yari mu bihumbi by'abitabiriye igitaramo cya Move Afrika cyabereye mu Mujyi wa Kigali
Ibihumbi by'abaturutse mu bihugu bya Afurika y'Iburasirazuba bari bitabiriye iki gitaramo kubera John Legend
Azawi yakozwe ku mutima n'ukuntu Perezida Kagame yitabira ibikorwa bimuhuza n'urubyiruko birimo n'ibitaramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .