Amafoto yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Kayibanda yambikwa impeta n’undi musore bitegura kurushinga.
Nubwo aya mafoto akomeje gusakazwa ku mbuga nkoranyambaga, nta makuru menshi aratangazwa kuri uyu musore wambitse impeta Kayibanda.
Mu nshuro IGIHE yagerageje kuvugisha uyu mukobwa ngo aduhe amakuru menshi ku by’impeta yambitswe ntiyigeze yitaba telefone ye igendanwa.
Kayibanda yari yarambitswe impeta mu 2018 ubwo Mbabazi Egide yasabaga uyu mukobwa ko barushinga.
Mu 2021, uyu mukobwa yifashishije imbuga nkoranyambaga yaje gutangaza ko yatandukanye na Mbabazi ndetse ahishura ko agiye kwandika igitabo ku buzima bw’urukundo yanyuzemo.
Icyakora mu minsi ishize, uyu mukobwa yabajijwe iby’icyo gitabo avuga ko yaje gusanga yahitamo kwandika igifitiye Abanyarwanda benshi akamaro kurusha ikimureba wenyine.
Ku rundi ruhande aherutse kubwira abamukurikira ko ari mu rukundo nubwo atahishuye ngo ahamye ko ari urw’umusore bitegura kurushinga.






TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!