00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

‘Art-stars band’ ya Ras Kayaga yegukanye miliyoni 15 Frw

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 December 2024 saa 09:52
Yasuwe :

Mu ijoro ryo ku wa 21 Ukuboza 2024 hasojwe irushanwa ‘Battle of the bands’ ryari rimaze iminsi rihanganishije amatsinda atandukanye y’abacuranzi, aho byarangiye ryegukanywe na ‘Art-stars band’ ya Ras Kayaga.

‘Art-stars band’ ya Ras Kayaga yegukanye igihembo nyamukuru muri iri rushanwa, yahise itsindira amasezerano y’akazi ko gucuranga muri Kigali Marriott Hotel mu gihe cy’umwaka wose, aho bazahembwa agera kuri miliyoni 15Frw.

Aba baguwe mu ntege na Paco XL Band yabaye iya kabiri, igenerwa miliyoni 2Frw, naho ku mwanya wa gatatu haza itsinda ryitwa Umuduli Band, ryegukanye ibihumbi 500Frw.

Mu kiganiro na IGIHE, Ras Kayaga wamenyekanye muri Holy Jah Doves yamamaye mu ndirimbo ‘Maguru’, yavuze ko iyi ari intangiriro nziza yo gutangiza irindi tsinda rishya bari gukorana.

Ati “Aba turi gukorana ni bashya tumaranye igihe gito cyane, kuba rero dutsindiye igihembo nk’iki ni iby’agaciro kuko bigiye kutubera intangiriro nziza rwose. Mu minsi ya vuba murumva ibikorwa byacu bishya.”

Iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya gatatu, rigamije kugaragaza abanyempano muri muzika y’u Rwanda, rihuza amatsinda y’abahanga mu gucuranga no kuririmba muri Rwanda.

Battle of The Bands yaherukaga kuba mu 2019. Icyo gihe yegukanywe na Salus Music Band, yatsinze arimo Umurage Band na Symphony Band byahuriye mu cyiciro cya nyuma.

Salus Music Band yegukanye iri rushanwa mu 2019 yahawe amasezerano y’umwaka yo kuririmbira muri Kigali Marriott Hotel.

Battle of the Bands yatangijwe bwa mbere mu 2018, yegukanwa na Neptunez Band.

Paco XL Band yabaye iya kabiri ubwo yataramiraga abari muri Kigali Marriott Hotel
Umuduli Band babaye aba gatatu ni uku bari baserutse
Ahateguwe kubera ibi birori hari huzuye abakunzi b'umuziki wa Live
Itsinda 'Art-stars band' riyobowe na Ras Kayaga ni uku ryari ryaserutse
Bagishyiraho indirimbo 'Maguru' yaririmbwe na Ras Kayaga muri Holy Jah Doves, abantu bose bahise bikoza mu bicu
Buri wese yifuzaga gutahana amashusho y'urwibutso
Ras Kayaga yakoreshaga imbaraga ze zose kugira ngo atahane amanota menshi
Umuziki si intambara, yageze aho afana abo bahanganye
Abagize 'Umuduli band' byabanze mu nda bibera abafana ba 'Art- stars band' bari bahanganye
Ras Kayaga yongeye kugaragara ku rubyiniro
Abari bagize akanama nkemurampaka bagaragaje ko iri rushanwa ari ingirakamaro kuko rifasha kubona amatsinda afite impano zidasanzwe
Paco XL Band yabaye iya kabiri ihabwa miliyoni 2Frw
umuduli band babaye aba gatatu batahana ibihumbi 500Frw
Art- stars band niyo yegukanye umwanya wa mbere
Bahise bahabwa sheke ya miliyoni 15Frw

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .