Uyu mukobwa n’umujyanama we Eloi Mugabe batangaje ko batangije ubukangurambaga bise “Sponsored by The Fans”, bwo gushishikariza abakunzi b’umuziki we kumushyigikira mu buryo ubwo ari bwo bwose ariko cyane cyane bagura iyi album ye ku 1000 Frw.
Ariel Wayz asobanura ubu bukangurambaga yagize ati “Nashatse gukora ikintu gifite ubusobanuro bukomeye kuri njye. Abafana banshyigikiye byamfasha cyane. Kuba umuhanzi wigenga biragoye ni yo mpamvu twahisemo ubu bukangurambaga.1000 Frw si igiciro ku bantu bagura album ahubwo ni ukunshigikira. Ntekereza ko ubwinshi bw’abakunda umuziki wanjye ari bwo buzatuma aya mafaranga agira icyo afasha mu gukora ibindi bihangano.”
Uyu mukobwa avuga ko yatekereje gushyigikirwa n’abafana be cyane ko atashakaga gukomanga yaka inkunga, ahubwo akaba hari ubushobozi yabonaga abakunzi be bafite kandi bishyize hamwe nta cyabananira.
Ati “Ntabwo nashakaga kujya gukomanga nshaka inkunga ahubwo nashakaga gushyigikirwa n’abakunzi banjye. Nashatse ikintu cyampuza n’abafana nta bindi bintu bijemo hagati. Ntabwo nteganya kuba muri ‘label’, kuba umuhanzi wigenga biraryoshye. Nta muntu wakwanga abantu bamushoramo ariko ntabwo nabihubukira.”
Ariel Wayz yashyize hanze album ye ya mbere igizwe n’indirimbo 12 ku wa Gatandatu tariki 8 Werurwe 2025. Kureba indirimbo zigize iyi album wakanda hano https://h2s.beart.rw.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!