00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Angelina Jolie wanywaga amapaki abiri y’itabi ku munsi yahishuye icyatumye arireka

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 8 February 2025 saa 02:48
Yasuwe :

Angelina Jolie wamamaye muri sinema, yahishuye ko yahagaritse kunywa itabi mu myaka myinshi ishize, ibintu atatekerezaga ko byashobora cyane ko ryari ryaramubase.

Uyu mukinnyi wa filime yahishuye ko yaretse kunywa itabi kubera filime ya ‘Tomb Raider’ yakinnye mu 2001 iri muzatumye amenyekana.

Yabigarutseho ubwo yakiraga igihembo mu birori bya International Film Festival byabereye i California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yagarutse ku buryo gukina filime byamuhinduriye ubuzima yaba mu buryo bw’amafaranga n’imyitwarire, akareka itabi ndetse akubaka umubiri mu buryo atatekerezaga.

Yavuze ko gukina filime byatumye areka itabi burundu. Ati “Njya gukina Tom Raider nari nsanzwe nywa amapaki abiri y’itabi ku munsi. Byahise biba ngombwa ko ngira imwe mu mico yanjye ndeka ntarinzi ko bishoboka”.

Uyu mugore yakomeje ati “Bitewe n’uko nagombaga gukina ndi indwanyi, bantegetse guhindura imirire ndetse bashyira ku myitozo ngororamubiri ikaze. Namaze amezi menshi nkora imyitozo amanywa n’ijoro ku buryo ntabonaga umwanya wo gukora ibindi. Ni na bwo bahise bambuza kunywa itabi”.

Yavuze ko yumvaga azareka itabi by’igihe gito kugeza arangije gukina iyo filime, icyakora nyuma biba umuco arireka burundu. Ati “Urumva rero ko filimi zahinduye byinshi mu buzima bwanjye”.

Angelina Jolie w’imyaka 49 ni umwe mu bagore bakina filime bubatse izina i Hollywood no ku rwego mpuzamahanga.

Yamenyekanye nko muri ‘Original Sin’, Mr & Mrs Smith’, ‘The Tourist’, ‘Malificient’ n’izindi zirimo n’iyo ‘Tomb Raider’ yamuhinduriye ubuzima mu buryo bw’amikoro n’imyitwarire.

Angelina Jolie wanywaga amapaki abiri y'itabi ku munsi, yavuze ko gukina filime byatumye arireka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .