00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage yakiriye itsinda ryateguye ibitaramo bya The Ben

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 21 March 2025 saa 10:28
Yasuwe :

Ku mugoroba wo ku wa 20 Werurwe 2025, Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar yakiriye mu biro bye itsinda ry’abari gutegura ibitaramo The Ben agiye gukorera muri iki gihugu guhera kuri uyu wa 21 Werurwe 2025.

Abakiriwe na Amb. Igor Cesar barimo David Bayingana na Muyoboke Alex bageze mu Budage mbere ya The Ben.

Amb. Igor Cesar nyuma yo kuganira n’abateguye ibi bitaramo, yabahaye ikaze abizeza ubufatanye ndetse no kubaba hafi, nabo bamwizeza gutanga ibyishimo ku Banyarwanda batuye mu Mijyi izaberamo ibi bitaramo mu Budage.

The Ben ategerejwe mu gitaramo cya mbere kigomba kubera i Berlin kuri uyu wa 21 Werurwe 2025.

Ku wa 22 Werurwe 2025, The Ben azataramira mu Mujyi wa Hannover, mu gitaramo azahuriramo n’abarimo Bill Ruzima uri mu bahanzi b’Abanyarwanda basigaye batuye mu Budage.

The Ben agiye gukorera ibi bitaramo mu Budage afite akanyamuneza kuko mu ntangiriro z’iki cyumweru aribwo umugore we, Uwicyeza Pamella yibarutse imfura yabo.

Ni ibitaramo ariko kandi bikurikiye icyo The Ben yakoreye mu Bubiligi ku wa 8 Werurwe 2025 cyane ko yari yagiyeyo agiye gushyigikira Bwiza mu gitaramo cyo kumurika album ye ’25 shades’.

Byitezwe ko The Ben atangirira ibitaramo bye mu Mujyi wa Berlin
The Ben azakomereza ibitaramo bye mu Mujyi wa Hannover
Muyoboke na David Bayingana ni bamwe mu bakiriwe na Ambasaderi w'u Rwanda mu Budage
Abari gutegura igitaramo cya The Ben mu Budage bakiriwe na Ambasaderi w'u Rwanda muri iki gihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .