00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amatike asaga 2000 niyo asigaye ku isoko mu gitaramo cya Israel Mbonyi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 24 December 2024 saa 01:09
Yasuwe :

Mu gihe habura umunsi umwe igitaramo ’Icyambu Live Concert3’ cya Israel Mbonyi kikaba, amatike nayo akomeje kugurwa ku bwinshi kuko imibare igaragaza ko mu matike arenga gato 2000 ariyo gusa asigaye ku isoko.

Kugeza Saa Sita z’amanywa zo ku wa 24 Ukuboza 2024, ubwo twakoraga ibarura ry’amatike asigaye, IGIHE yabonye ko hasigaye 2339 mu arenga ibihumbi 10 yashyizwe ku isoko.

Muri aya matike aya VIP ari kugura ibihumbi 20Frw hasigaye 284, aya yiyongeraho ayo mu myanya isanzwe isigayemo amatike 1084.

Ahandi hasigaye amatike ni mu myanya y’abafite ubumuga agura ibihumbi 10Frw. Hasigaye 15, naho mu byicaro bisanzwe (Standard lower bowl) aho amatike agura ibihumbi 10Frw hasigaye imyanya 588, mu gihe abazaba bahagaze iruhande rw’uribyiniro ho hari hasigaye amatike 368 agura ibihumbi 15Frw.

Ni ku nshuro ya gatatu Israel Mbonyi agiye gukora igitaramo ’Icyambu Live Concert 3’. Azaba anizihiza imyaka 10 amaze mu muziki cyane ko yawutangiye mu 2014.

Ni ibitaramo bibera muri BK Arena ku wa 25 Ukuboza buri mwaka.

Israel Mbonyi agiye gukora iki gitaramo nyuma yo kuzenguruka mu bihugu binyuranye birimo Uganda, Tanzania ndetse na Kenya, aho ateganya gusubira ku wa 31 Ukuboza 2024.

Ushaka kureba iki gitaramo hifashishijwe ikoranabuhanga bizamusaba kunyura ku rubuga rwashyizweho, icyakora na we agasabwa kwishyura 9.9$ (Hafi ibihumbi 15 Frw).
Ushaka kuzakurikira iki gitaramo wanyura hano.

Ku nshuro ya gatatu, Israel Mbonyi agiye kongera kuzuza BK Arena
Amatike akomeje kugurwa ku bwinshi
Hari n'amatike ari kugurishirizwa ku maduka atandukanye
Abatazabasha kwinjira muri BK Arena bashyiriweho uburyo bwo kuzakurikira iki gitaramo hifashishijwe ikoranabuhanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .