00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amashusho ya Burna Boy yogoshesha incakwaha nyuma y’imyaka ine yaciye igikuba

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 23 June 2025 saa 06:33
Yasuwe :

Ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye abantu bakomeje gutangarira umuhanzi w’Umunya-Nigeria, Burna Boy, nyuma y’amashusho ye yakwirakwiye ari kogoshwa incakwaha, nyuma y’imyaka ine yari ishize atabikora.

Uyu muhanzi yari ahagaze yishingikirije akaboko kamwe ku rukuta rw’inyubako bari barimo, aganira n’uri kumwogosha ubona bahuje urugwiro. Kuri aya mashusho hari handitseho amagambo agira ati “Burna Boy ari kogosha incakwaha, nyuma y’imyaka ine.”

Abantu bamwe babaye nk’abatunguwe, ariko abandi bavuga ko kubera ko ari umunyamafaranga ntacyo bitwaye kuko n’ubundi byanga bikunze hari amavuta ahenze yasigagamo, ngo atanuka.

Uyu muhanzi akenshi iyo yagaragaraga mu bitaramo yakuyemo umwenda yambaye hejuru, batangiraga ibiganiro ku ncakwaha ze kuko atajyaga azihisha na rimwe.

Reba ‘Ta Ta Ta’, indirimbo Burna Boy aheruka guhuriramo na Travis Scott

Burna Boy yatunguranye agaragara ari kogoshwa incakwaha yari amaranye imyaka ine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .