00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Platini yakomoje ku nka yagabiwe na Perezida Kagame n’ibitaramo afite muri Amerika (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 10 December 2024 saa 08:52
Yasuwe :

Nemeye Platini uri mu bahanzi baherutse kugabirwa na Perezida Kagame yagaragaje amarangamutima yatewe n’uko kugabirwa.

Ibi Platini yabikomojeho mu kiganiro ‘Kulture Talk’ yagiranye na IGIHE, mbere y’uko yerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho agiye gukorera ibitaramo bibiri.

Muri Nyakanga nibwo Perezida Kagame yakiriye abahanzi batuye mu Karumuna mu Bugesera, nk’uko yari yabibasezeranyije ku wa 6 Nyakanga 2024, ubwo yiyamamarizaga muri ako Karere.

Platini yagize ati “Ndi mu bantu bagabiwe na Rudasumbwa, ndamushimira cyane Perezida Paul Kagame, ndi mu bagize amahirwe yo kumusura mu rugo ndi kumwe n’abahanzi bagenzi banjye bo mu Karumuna.”

Platini avuga ko agendana amashimwe adasanzwe kuri Perezida Kagame wamworoje inka n’iyayo.

Ati “Inka nk’ikimenyetso cyahoze ari icy’ubukungu mu Rwanda nkaba narayigabiwe na Perezida wa Repubulika, sinzi ko nzabona ikigisimbura. Ni ikintu nzahora nirahira.”

Platini wahawe inka n’inyana yayo, ahamya ko ari gukora igisigo ateganya kumutura ari nacyo azanyuzamo amagambo y’amashimwe ye.

Uyu muhanzi ahamya ko nubwo byari ibintu bimutunguye, byari ibihe bidasanzwe gusura Perezida Kagame n’umuryango we.

Mu gihe byavugwaga ko Platini ashobora guhera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho agiye gukorera ibitaramo, yabihakanye.

Ati “Njye icya mbere ntabwo nasiga inka nagabiwe kuko ndi umushumba mwiza ushaka korora, nkoroza. Reka nkubwize ukuri nahawe inka na Perezida Kagame, ubwo ndashaka iki kindi cyo kujya guhiga.”

Uyu muhanzi amara impungenge abakunzi be, yavuze ko nava muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika azahita atangira gutegura ibitaramo ateganya gukorera i Burayi umwaka utaha.

Platini ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho agiye gukorera ibitaramo bibiri
Platini ni umwe mu bahanzi bagabiwe na Perezida Kagame muri Nyakanga uyu mwaka
Platini yagabiwe na Perezida Kagame hamwe n'abandi bahanzi batuye mu Karumuna
Umugoroba ugeze abahanzi bari basuye Perezida Kagame banyujijemo baranataramana
Platini yagabiwe inka n'inyana yayo
Platini yagabiwe inka n'inyana yayo
Platini yahamije ko ari gukora igisigo azatura Perezida Kagame wamugabiye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .