00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto yihariye mu bukwe bw’Umunyamakuru Umuhire Rebecca

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 2 December 2024 saa 02:12
Yasuwe :

Umuhire Rebecca n’umugabo we Masengesho Kadudu bari mu byishimo nyuma y’uko ku wa 1 Ukuboza 2024 bakoze ubukwe , bakemeranya kubana akaramata imbere y’Imana, ababyeyi n’inshuti.

Umuhire n’umugabo we basezeraniye imbere muri EAR Remera, umuhango wabanjirije ibirori byo kwakira abashyitsi byabereye kuri Jalia Hall&Garden mu mugoroba w’uwo munsi.

Masengesho yamenyekanye mu myidagaduro y’u Rwanda mu gihe cya Covid-19 ubwo yari yafunguye shene ya Youtube yitwa MK1 TV yacishagaho ibitaramo.

Umuhire Rebecca yatangiriye itangazamakuru ku Isango Star mu 2018 akora mu biganiro birimo “Isango na muzika” na “Isango relax time”.

Yaje kuva ku Isango Star, ubu akora kuri Royal FM. Uretse itangazamakuru ariko, uyu mukobwa yatangiye kumenyekana mu 2018 ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda nubwo nta kamba yabashije kwegukana.

Umuhire Rebecca n'umugabo we ubwo bari bahingutse ku rusengero rwa EAR Remera
Nyuma yo gusezerana imbere y'Imana bahawe icyangombwa kibyemeza
Muyoboke wari watashye ubukwe yafatanye ifoto n'abageni
David Bayingana yari 'Parrain' wa Musinga
Umuhire Rebecca yamaze kurushinga na Musinga Kadudu usanzwe atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Etienne wo muri Symphony Band yacurangiye abageni
Lion Imanzi ni we wayoboye ibi birori
David Bayingana na Musinga ubwo binjiraga mu cyumba bakiriyemo abatumiwe
Umuhire na Musinga baramukanya imbere y'abatumirwa babo
Umuhire Rebecca ni uku yahingutse mu cyumba bakiriyemo abatumiwe
Umuhire Rebecca na Masengesho biyemeje kurushunga
Symphony Band niyo yasusurukije abitabiriye ibi birori
Umuhanzi Peace Jolis ni umwe mu batashye ubukwe bwabo
Umunyamakuru Aissa Cyiza ari mu bari batashye ubukwe bwa Umuhire Rebecca banakorana kuri Royal FM
Ibyishimo byari byose hagati ya Musinga na Umuhire biyemeje kurushinga
Banyujijemo banacinya akadiho bishimira ibi birori
Uretse kwakira abashyitsi batumiwe mu bukwe bwabo, Umuhire na Musinga banacinye akadiho nabo
Musinga bamuteruye bamushimira icyemezo yafashe cyo kurushinga
Yverry ni we wataramiye abitabiriye ubukwe bwa Umuhire Rebecca

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .