00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ally Soudy yongewe mu gitaramo cya Bwiza na The Ben mu Bubiligi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 16 February 2025 saa 02:30
Yasuwe :

Ally Soudy wamamaye nk’umunyamakuru w’imyidagaduro akaba umuyobozi w’ibitaramo, yamaze kwemezwa nk’umwe mu bazayobora igitaramo cyo kumurika album ’25 shades’ ya Bwiza kizabera i Bruxelles mu Bubiligi.

Mu kiganiro na IGIHE, Ally Soudy yavuze ko yishimiye kuba ari we uzayobora igitaramo cya Bwiza mu Bubiligi cyane ko ari umwe mu baharaniye ko abahanzi bo mu Rwanda bakorera ibitaramo hanze yarwo.

Ati “Kuva kera wasangaga duhanganye no kumvisha abahanzi kureba uko bajya batekereza no ku bitaramo bireba ‘diaspora,’ rero iyo ubonye uburyo muri iyi minsi byabaye umuco, biranezeza.”

Ally Soudy kandi yavuze ko ashimishijwe no kuzayobora iki gitaramo kizaba kirimo na The Ben.

Ati "The Ben abantu barabizi ko ari umwe mu bahanzi bakomeye u Rwanda rufite, rero wareba mushiki wacu Bwiza uburyo azamutse vuba n’imbaraga nyinshi, bigaragaza uburyo iki gitaramo kizaba gikomeye.”

Byitezwe ko igitaramo cyo kumurika album ya Bwiza kizabera i Bruxelles ku wa 8 Werurwe 2025 ndetse kugeza uyu munsi amatike yacyo amaze igihe ku isoko.

Ally Soudy yongewe mu gitaramo cya Bwiza na The Ben mu Bubiligi
Bwiza agiye gukorera igitaramo cyo kumurika album azahuriramo na The Ben

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .