00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Aline Gahongayire yateguje album eshatu

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 March 2025 saa 10:13
Yasuwe :

Aline Gahongayire umaze igihe i Burayi aho ari gukurikirana amasomo, yateguje abakunzi be album eshatu ziri mu ndimi zirimo Igifaransa, Igiswahili n’Icyongereza nubwo ahamya ko azagenda avangamo iziri mu Kinyarwanda.

Ibi Aline Gahongayire yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aherutse kugirana na IGIHE aho yari yitabiriye igitaramo cyo kumurika album ya kabiri Bwiza, ‘25 Shades.’

Gahongayire yavuze ko afite album eshatu zarangiye yitegura gusohora.

Ati “Ubu mfite album y’Igifaransa narangije, mfite iy’Igiswahili narangije, mfite iya Blues na Jazz iri mu Cyongereza narangije. Iyo ndi i Kigali ndagerageza ngakora kuko iyo mpageze ndakora, ’Producer’ agasigara acuranga neza ariko rwose indirimbo ndazifite.”

Uretse ndirimbo ziri kuri izi album, Aline Gahongayire yavuze hari iziri mu Kinyarwanda ateganya gukora kandi yizeye ko zizanyura abakunzi be.

Uyu muhanzikazi uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, akomeje imyiteguro y’igitaramo ‘Ndashima’ ateganya gukorera mu Bubiligi ku wa 7 Kamena 2025.

Iki gitaramo azagihuriramo na Josh Ishimwe, abashaka kucyitabira bari kugura amatike banyuze hano, aho imwe iri kugura 50€.

Aline Gahongayire agiye gukorera igitaramo 'Ndashima' mu Bubiligi
Aline Gahongayire yateguje album eshatu ziri mu ndimi z'amahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .