00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Akari ku mutima wa Riderman witegura kwerekeza i Burayi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 5 Gashyantare 2023 saa 07:44
Yasuwe :

Riderman witegura kwerekeza ku Mugabane w’i Burayi aho afite ibitaramo birimo icyo azakorera mu Mujyi wa Lille mu Bufaransa ndetse n’i Bruxelles mu Bubiligi yemeje ko hari ibindi bitaramo ateganya kuhakorera.

Uyu muraperi witegura gufata rutemikirere yerekeza ku Mugabane w’i Burayi mu cyumweru gitaha, yabwiye IGIHE ko yiteguye gususurutsa abakunzi b’umuziki.

Ati “Njye niteguye gususurutsa abakunzi banjye i Burayi, ubwo mpaheruka ntabwo nagize amahirwe yo kuhatinda ngo bose mbataramire. Kuri iyi nshuro mfite umwanya uhagije kandi rwose nzagira umwanya wo gutaramana n’abakunzi banjye."

Ku rundi ruhande uretse ibitaramo bibiri byamaze kwemezwa, Riderman ahamya ko hari ibindi bitaramo ateganya kuhakorera. Ati "Hari abantu twaganiriye ndetse ubona ibiganiro byanarangiye ariko igisigaye kikaba ari uko tutarashyira ikaramu ku masezerano ni njye bategereje ngo ngere i Burayi turangizanye.”

Riderman yavuze ko mu bo bari kuganira ndetse ateganya kurangizanya nabo harimo abo mu Budage, Pologne n’abandi bategura ibitaramo mu bihugu binyuranye ategereje ko bizarangira nagerayo.

Riderman ategerejwe i Burayi mu cyumweru gitaha mbere y’uko ataramira i Lille mu Bufaransa ku wa 11 Gashyantare 2023 ndetse n’i Bruxelles mu Bubiligi ku wa 18 Gashyantare 2023.

Mu Bubiligi, Riderman azaba ahurira na Christopher mu gitaramo bazakorerayo, uyu nawe akaba ateganya kuzenguruka u Burayi mu bitaramo binyuranye biteganyijwe kurangira muri Werurwe 2023.

Nyuma yo gutaramira i Lille mu Bufaransa, Riderman azahita yerekeza i Bruxelles aho azataramira afatanyije na Christopher

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .