Ubwo byavugwaga ko iki kiganiro cyavuye kuri RTV, benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga n’abakunzi bacyo batangiye kwibaza icyabaye, bamwe bahamya ko impinduka zabaye muri iki kigo arizo zatumye kivanwamo.
Mu gushyira umucyo kuri iki kibazo, Aissa Cyiza yavuze ko ari umwanzuro bafashe nyuma y’ibiganiro bagiranye n’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) ariko bikarangira bitagize icyo bitanga.
Ati “Nitwe twafashe umwanzuro ntabwo ari Televiziyo y’u Rwanda, hari n’ababihuje n’impinduka zari zimaze iminsi zibaye muri RBA, yewe hari n’ababihuje na Sandrine Isheja bibaza impamvu ataharaniye ko iki kiganiro kihaguma ariko ararengana kuko yasanze umwanzuro warafashwe.”
Aissa Cyiza uri mu bakora iki kiganiro yanahishuye ko bagiranye ibiganiro na Sandrine Isheja ariko nabyo biranga kuko hari ingingo batahurizagaho.
Ati “Sandrine Isheja yasanze twaramaze gutanga ibaruwa, yewe yaranatuganirije ariko twari twaramaze gutanga ibaruwa. Twamweretse ibyo twifuzaga ariko ntitwabasha kumvikana ku ngingo impande zombi zashakaga.”
Iki kiganiro abanyamakuru bagikora bahamya ko bagitangije mu rwego rwo gutinyura Abanyarwanda kuvuga ku bibazo bahura nabyo mu buzima bwa buri munsi.
Kuri ubu kigiye kujya gitambuka gatatu mu cyumweru binyuze kuri shene ya YouTube ya ’Ishya’.
Ku rundi ruhande, Aissa Cyiza avuga ko nubwo iki kiganiro kigiye kujya gitambuka kuri shene ya YouTube yabo, mu gihe hari televiziyo yacyifuza bavugana hakarebwa niba babifitemo inyungu ubundi bagakorana mu buryo bw’ubucuruzi.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!