00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Airtel Rwanda yiyemeje gushyigikira Israel Mbonyi mu gitaramo ‘Icyambu’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 4 December 2024 saa 09:18
Yasuwe :

Sosiyete y’itumanaho ya Airtel Rwanda yiyemeje gutera inkunga igitaramo cya Israel Mbonyi yise ‘Icyambu’, kizabera kubera muri BK Arena ku nshuro ya gatatu.

Airtel Rwanda ifashe uyu mwanzuro nyuma y’uko ubwo igitekerezo cy’ibi bitaramo cyavukaga yari yaremeye ko izabitera inkunga.

Israel Mbonyi yakoreye igitaramo cy’amateka muri UR-Huye muri Gashyantare 2020, atahana umukoro wo gukorera ikinini muri BK Arena mu Ukuboza uwo mwaka.

Mu gihe uyu muhanzi yari acyitegura iki gitaramo, hahise haduka icyorezo cya Covid-19 bituma kitaba nk’uko byari byateguwe.

Ku mpamvu zitabashije kumenyekana, ubwo ibi bitaramo byabaga ku nshuro ya mbere ntabwo Airtel Rwanda yabaye umufatanyabikorwa w’uyu muhanzi kimwe no ku nshuro ya kabiri yabyo.

Icyakora ku nshuro ya gatatu bigiye kubera muri BK Arena, Airtel Rwanda yamaze kwinjira mu bafatanyabikorwa ba Israel Mbonyi utegerejwe mu gitaramo ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya gatatu.

Bitandukanye n’izindi nshuro yakoreye ibitaramo muri iyi nyubako, kuri iyi nshuro Israel Mbonyi yiyemeje kuzuza neza ibihumbi 10 by’abakwirwa muri BK Arena ndetse akarenzaho n’indi myanya y’abazaba bari mu kibuga.

Iki gitaramo cya Israel Mbonyi kiri gutegurwa na sosiyete ya Authentic Events, kucyinjiramo itike ya menshi ni ibihumbi 30Frw, mu gihe iya make ari 5000Frw.

Israel Mbonyi agiye gutaramira muri BK Arena nyuma yo kuzenguruka ibihugu bitandukanye nka Uganda, u Burundi, Tanzania na Kenya aho azanasubira ku wa 31 Ukuboza 2024.

Airtel Rwanda yinjiye mu gitaramo ‘Icyambu’ cya Israel Mbonyi
Mu 2020 ubwo Israel Mbonyi yatangiraga ibitaramo 'Icyambu' umuterankunga mukuru yari Airtel

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .