00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Aho gusubira muri bwa buzima napfa - Fireman avuga ku biyobyabwenge byigeze kumubata

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 21 March 2025 saa 04:29
Yasuwe :

Nyuma y’amezi atatu agiye kwivuza no kuganira n’umuhanga mu by’ubuzima bwo mu mutwe, Fireman arahamya ko aho gusubira mu buzima bw’ibiyobyabwenge yahitamo gupfa akava ku Isi.

Ibi Fireman yabiganirije umunyamakuru wa IGIHE ubwo yari akiva kwivuriza mu kigo ‘One stop center’ i Huye aho yamaze amezi atatu yitabwaho n’umuhanga mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe.

Uyu muraperi winjiye muri iki kigo ku bushake bwe ari we wijyanyeyo ku wa 17 Mutarama 2025, yagisohotsemo ku wa 18 Werurwe 2025 ubwo yari yujuje amezi atatu ari kwitabwaho n’abahanga mu by’ubuzima bwo mu mutwe.

Fireman utajya ahisha ko yagizweho ingaruka no gukoresha ibiyobyabwenge, uyu munsi akaba ahanganye n’ingaruka zabyo, yavuze ko ashimira Imana uko ahagaze uyu munsi.

Ati “Ubundi sinzi niba ari ibintu napfa kuvuga, bitewe n’ukuntu natengushye abakunzi banjye ndi kumva mbarimo ideni ryinshi. Ndashaka gukora umuziki ibindi byo sinshaka no kubivugaho, wenda wo uzamvugira. Gusa kimwe nakubwira, ni uko aho gusubira muri buriya buzima nahitamo gupfa burundu.”

Fireman ni umwe mu bahanzi badatinya guhamya ko yigeze kubatwa n’ibiyobyabwenge kugeza ubwo mu 2018 yajyanwaga mu kigo ngororamuco cya ‘Iwawa’, ibye we yita kuvuka bwa kabiri.

Nubwo bari bamugoroye, Fireman uhamya ko yari atarasubira ku murongo neza, yakomeje kwivuza kugeza ubwo muri Mutarama uyu mwaka afashe icyemezo cyo kongera gusubira kwa muganga ngo yitabweho abe yakira neza.

Fireman afite inyota yo gukora umuziki nyuma y'igihe ari kwivuriza muri 'One stop center' i Huye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .