00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abaraperi batabaye Bushali mu gushyingura umubyeyi we (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 January 2025 saa 09:08
Yasuwe :

Abaraperi bongeye kugaragaza ubumwe hagati yabo ubwo batabaraga mugenzi wabo, Bushali uri mu bahanzi bakunzwe cyane bakora injyana na rap, mu muhango wo guherekeza umubyeyi we uherutse kwitaba Imana.

Bamwe mu baraperi batabaye Bushali barimo Riderman, Bull Dogg, Green P, P Fla, B Threy, Zeotrap, Danny Nanone, Diplomate n’abandi barimo Dr. Nganji watangiye akorera indirimbo abari bagize itsinda rya Kinyatrap ryarimo na Bushali.

Ubwo yafataga ijambo mu rusengero rwa ADEPR Gikondo, Bushali, yabanje kubwira abari muri uyu muhango ko atari buvuge amagambo menshi ku mubyeyi we, icyakora ahamya ko nk’uko yamutoje kwizera, yizeye ko bakiri kumwe mu buryo bw’umwuka.

Ati “Nagira ngo nshimire mama wanjye, bakuru banjye na bashiki banjye, nta bintu byinshi ndi bumuvugeho ninjye wari umwana we mutoya ariko nk’uko yandemyemo icyizere nubwo yagiye mu buryo bw’umubiri, nizera ko musigaranye mu buryo bw’umwuka.”

Umuhango wo gusezera bwa nyuma ku mubyeyi wa Bushali watangiriye ku rusengero rwa ADEPR i Gikondo, aho inshuti n’abavandimwe bakoreye amasengesho mbere y’uko berekeza i Rusororo aho uyu mubyeyi yashyinguwe.

Dusabimana Marie Thérèse, umubyeyi wa Bushali wari ufite imyaka 67, yitabye Imana aguye mu bitaro bya Gatenga ku wa 14 Mutarama 2025, azize uburwayi.

Uyu mubyeyi wari ufite abana 12, yitabye Imana afite abuzukuru 12 nk’uko byatangajwe n’uwari uhagarariye umuryango mu muhango wo kumusezeraho bwa nyuma.

Bushali yavuze ko nubwo yatandukanye n'umubyeyi we mu buryo bw'umubiri, mu buryo bw'umwuka bari kumwe
Icenova ni umwe mu bahanzi batabaye Bushali
Agahinda kari kose mu maso ya Dr Nganji
P Fla na Diplomate bari mu bagaragazaga agahinda mu maso
Zeotrap ubanza ibumoso yari umwe mu baraperi bagiye gushyigikira Bushali
Riderman ni umwe mu baraperi batabaye Bushali
Jay C na Danny Nanone i Rusororo batabaye Bushali
Green P ni umwe mu baraperi batabaye Bushali
Umunyamakuru Babu ari mu batabaye Bushali
Bull Dogg yari yitabiriye umuhango wo gushyingura umubyeyi wa Bushali
B Threy na Bushali wari kumwe n'umugore we bashyira indabyo ku isanduku
B Threy yari ari kumwe n'umugore we
Bushali n'umugore we bashyira indabyo ku mva y'umubyeyi w'uyu muraperi
Abaraperi bashyize indabyo ku mva y'umubyeyi wa Bushali

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .