00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakobwa 10 bakomeje mu irushanwa rya Rwanda Universal Personality (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 3 June 2024 saa 10:05
Yasuwe :

Abakobwa bari gushakishwamo umukobwa uzahiga abandi muri Rwanda Universal Personality, batoranyijwemo 10 bageze mu kindi cyiciro bazavamo uzahiga abandi agaserukira u Rwanda muri Miss Supranational 2025.

Aba bakobwa bakomeje 10, babonye itike nyuma yo guhigika bagenzi babo 50 bari biyandukishije, haza gutoranywa 28 bari bujuje ibisabwa ari nabo baje guhatana binyuze mu matora.

Mu bakomeje harimo Marie Ange Ingabire Ndinda, Uwase Kimana Emelique, Ishimwe Esther, Karungi Vanis, Kanyange Charlotte, Umutoni Joyeuse, Umukundwa Nadege, Igihozo Sincere, Uwera Annet na Umuhire Leslie.

Universal Personality ni urubuga rugamije kwimakaza umuco w’ubumuntu ku isi yose abantu bakarenga imbibi z’ibibatandukanya ahubwo bakimakaza indangagaciro z’ubupfura.

Abazatsinda bazaba abavugizi b’umuntu w’imfura uvugwa mu muco wa Kinyarwanda aho bazajya bahagararira u Rwanda mu marushanwa atandukanye ku isi. Uw’uyu mwaka wa mbere azaserukira u Rwanda muri Miss Supranational 2025.

Irushanwa rizasozwa taliki ya 15 Kamena 2024, aho uzegukana ikamba azagenerwa n’igihembo cya miliyoni imwe y’amanyarwanda ndetse n’ibindi bitandukanye bitarangazwa.

Uwase Kimana Emelique ahatanye muri iri rushanwa rishya mu Rwanda
Umutoni Joyeuse ni umwe mu bakomeje muri iri rushanwa
Uwera Annet usanzwe amurika imideli nawe ahatanye muri iri rushanwa
Karungi Vanis ashaka guhigika bagenzi be
Umuhire Leslie ni umwe mu bakobwa bakomeje muri iri rushanwa
Ishimwe Esther na we arashaka ikamba
Kanyange Charlotte ni umwe mu bakomeje muri iri rushanwa
Umukundwa Nadege Bella ashaka kwegukana umwanya wa mbere muri iri rushanwa
Ingabire Marie Ange Ndinda nawe ari mu bahatanye
Gihozo Sincere ari mu bakobwa 10 bazavamo uhiga abandi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .