00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abahanzi barimo Ruti Joël ntibagaragaye mu iserukiramuco “Unveil Africa Festival’’ (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 8 December 2024 saa 12:39
Yasuwe :

Bwa mbere mu Rwanda habereye iserukiramuco rya “Unveil Africa Festival’’; rigamije kumenyekanisha umuco gakondo ndetse ryitezweho kuzarenga imipaka rikagera mu bindi bihugu; gusa ryitabiriwe n’abantu babarirwa ku mitwe y’intoki.

Ni iserukiramuco ryagombaga guhuriramo abahanzi batandukanye bakomeye mu Rwanda barangajwe imbere na Ruti Joël na Chrisy Neat, usanzwe ari Producer muri ‘Studio’ Ibisumizi.

Hari kandi itsinda rya J-SHA ry’abakobwa b’impanga batangiye kwigarurira imitima ya benshi, Victor Rukotana, Umukiringitananga Siboyintore, Itorero Intayoberana n’Itsinda rya Himbaza Club ryihariye mu gucuranga ingoma ndundi.

Iri serukiramuco ryabaye tariki ya 07 Ukuboza 2024, muri Kigali Cultural Village(KCV) benshi bakunze kwita muri Camp Kigali.

Mu bahanzi bagombaga kuririmbamo ntabwo byakunze ko bose bagaragara ku rubyiniro, cyane ko abahageze barimo Umukiringitananga Siboyintore, Itorero Intayoberana, Itsinda rya Himbaza Club ndetse na J-SHA.

Abandi barimo Ruti Joël na Chrisy Neat ndetse na Victor Rukotana ntabwo bigeze bataramira abakunzi babo.

Ndetse igihe igitaramo cyasozwaga mu masaha ya saa yine, umunyamakuru Luckman Nzeyimana wari ukiyoboye yavuze ko ku mpamvu zitaturutse ku bagiteguye ‘bibaye ngombwa ko gihagarara’.

Nyuma yacyo, Ruti Joël yanditse ku rukuta rwa Instagram, agaragaza ko kuba atataramiye abakunzi be bitamurutseho ahubwo byatewe n’abateguye igitaramo.

Uretse Ruti abandi bahanzi bagombaga kuririmba muri iki gitaramo barimo Victor Rukotana na Chrisy Neat, nabo batakandagiye ku rubyiniro nta kintu bigeze batangaza.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku wa Kabiri tariki 3 Ukuboza, Julius Mugabo uri mu bari gutegura iri serukiramuco yari yasobanuye ko bahisemo izina ’Unveil’ mu kumvikanisha gutwikurura umuco wa Afurika ariko bahereye mu Rwanda, kandi rikazajya riba buri mwaka.

Yakomeje avuga ko kandi ari iserukiramuco ryatangiriye mu Rwanda ariko rikazarenga imbibi. Yavuze ko ari n’ibintu batangiye cyane ko kuri iyi nshuro bagiye kwifashisha Himbaza Club yo mu Burundi.

Ati “Ni igikorwa twifuje ko cyatangirira mu Rwanda, ariko kikazagera no mu bindi bihugu.”

Yavuze ko kugira ngo kuri iyi nshuro bifashishe abahanzi biganjemo abakizamuka atari ibintu byaje by’impanuka ahubwo, babisabwe n’abakuru bashakaga gutaramirwa n’abakiri bato.

Ati “Ni abakuru twagishije inama badusaba ko kuri iyi nshuro, bataramirwa n’abakiri bato. Dushaka ko bicara bakareba ibyo abato babateguriye.”

Iki gitaramo cyari cyitezwemo abayobozi mu nzego za Leta ariko nta n’umwe wigeze ahakandagira.

Umuraperi Karigombe ni umwe mu bari bitabiriye
Umunyarwandakazi Laura Sarah uheruka kuba igisonga cya mbere cya ‘Miss Africa Golden’ yabereye muri Nigeria , ni umwe mu bari bitabiriye
Umukiringitananga Siboyintore yahawe umwanya yiyereka abakunzi be
Umunyamakuru Lucky Nzeyimana ni we wayoboye iki gitaramo
Massamba Intore ni umwe mu bari bitabiriye iki gitaramo
Nadine Nana uri ibumoso uzwi cyane muri sinema nyarwanda, ni umwe mu bari bitabiriye
J-SHA baje ku rubyiniro bitwaje ababyinnyi
Kigali Protocol niyo yakiraga abitabiriye
Massamba Intore na Andy Bumuntu bari bakurikiye iki gitaramo
Itsinda rya Himbaza Club ryihariye mu gucuranga ingoma ndundi ryatamiye abitabiriye biratinda
Itsinda rya J-SHA nicyo gitaramo kinini ryari rigaragayemo
Itsinda rya Himbaza Club ryihariye mu gucuranga ingoma ndundi ni rimwe mu matsinda ashimisha abakunzi b'umuziki unogeye amaso
Intayoberana zifite abana bazi gutuma abantu bahimbarwa
Itsinda rya Himbaza Club ryatamiye abitabiriye mu mbyino zitandukanye
Intayoberana zaserutse mu buryo bunogeye ijisho
Inkumi za Kigali Protocol zari zabukereye
Iki gitaramo ntabwo cyitabiriwe cyane
Umunyamakuru Ingabire Egidie Bibio wa RBA ubanza iburyo, ni umwe mu bari bitabiriye iki gitaramo
DJ Diddyman ni we wavanze umuziki muri iki gitaramo
Fally Merci[iburyo], Muyoboke Alex ndetse na Djadja wamenyekanye mu gufata amashusho bari bitabiriye iki gitaramo
Bamwe mu bagize Itorero Inyamibwa bari bitabiriye iki gitaramo
Bamwe bahimbawe batangira gucinya akadiho
Andy Bumuntu yataramiye by'akanya gato abitabiri iki gitaramo
Andy Bumuntu yasanze J-SHA ku rubyiniro
Andy Bumuntu ubwo yari akurikiye iki gitaramo
Abagurisha amatike bari bahari
Abakunzi b'umuziki gakondo bari babukereye
Abagize Itorero Intayoberana bigaragaje
Umwe mu bitabiriye iki gitaramo

Amafoto: Nzayisingiza Fidèle


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .