Ni igikorwa Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubuhanzi imazemo iminsi aho iri gukusanya amakuru yafasha guteza imbere inganda z’ubuhanzi mu Rwanda.
Nyuma yo guhura n’abahanzi barenga 100 bakorera ubuhanzi mu Mujyi wa Kigali, Minisiteri ku wa 6 Ukuboza 2024, yahuye n’abarenga 300 bakorera ubuhanzi mu ntara zitandukanye z’u Rwanda.
Abahanzi bahuriye muri iyi nama yabereye ku Kimisagara barimo abaririmbyi, abasizi, ababyinnyi, abashushanya, abakora ibibumbano, ab’ikinamico, abanyamideri, abafata amajwi n’amashusho n’abandi benshi.
Muri ibi biganiro, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, yashimiye abahanzi uruhare bagira mu guteza imbere Igihugu.
Umutoni yibukije abahanzi ko akazi kabo ari inking ikomeye mu guteza imbere ubukungu bw’Igihugu, abibutsa ko ariyo mpamvu hari gukorwa inyigo yo kubuteza imbere.
📹 VIDEO: Abahanzi basaga 300 barimo abaririmbyi, abasizi, ababyinnyi, abashushanya, abakora ibibumbano, ab’ikinamico, abanyamideri, abafata amajwi n'amashusho… bahuriye hamwe mu nama nyunguranabitekerezo igamije gukusanya amakuru ku iterambere ry’ubuhanzi mu Rwanda. pic.twitter.com/55rkS6xh7C
— Ministry of Youth and Arts | Rwanda (@RwandaYouthArts) December 7, 2024
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!