00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Aba ‘Gen-Z’ bagiye kubyinira intsinzi mu gitaramo cyatumiwemo Teacher Mpamire na Dr Hilary Okello

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 17 July 2024 saa 09:29
Yasuwe :

Abakunzi b’ibitaramo bya Gen-Z Comedy bamaze gufata kumenyerwa nk’aba ‘Gen-Z’, bagiye kubyinira intsinzi mu gitaramo cyatumiwemo abanyarwenya bakomeye mu Karere nka Teacher Mpamire na Dr Hilary Okello.

Ni muri gahunda y’ibitaramo bya ‘Gen-Z Comedy’ bitegurwa n’umunyarwenya Fally Merci bikaba bimaze kubaka izina mu kuzamura impano z’abanyempano batandukanye.

Iki gitaramo gitegerejwe kubera muri Camp Kigali ku wa 25 Nyakanga 2024.

Uretse aba banyarwenya, iki gitaramo cyanatumiwemo abandi banyarwenya nka Pirate, Ambasaderi w’abakonsomateri,Rumi, Clement Inkirigito, Dudu, Keppa na Muhinde naho uzaba akiyoboye ni Fally Merci.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Fally Merci yagize ati “Aha niho twe abakunda gusetsa cyangwa guseka tuzabyinira intsinzi. Ni igitaramo cyo kwishimira amahitamo yacu.”

Dr Hilary Okello yaherukaga gutaramira i Kigali ku wa 21 Werurwe 2024 ubwo yari yitabiriye igitaramo cyo kwizihiza imyaka ibiri ibitaramo bya Gen-Z Comedy bimaze bitangiye.

Ku rundi ruhande, Teacher Mpamire we ni ubwa mbere agiye kwitabira ibitaramo bya Gen-Z Comedy bimaze kubaka izina mu myidagaduro yo mu Rwanda.

Fally Merci niwe usanzwe utegura ibitaramo bya Gen-Z Comedy
Ambasaderi w'abakonsomateri yatumiwe mu gitaramo cyo kubyina intsinzi
Ni ubwa mbere Teacher Mpamire agiye gutaramira muri Gen-Z Comedy
Dr Hilary Okello yongeye gutumirwa muri Gen-Z Comedy

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .