00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

5K Etienne wo muri ‘Bigomba Guhinduka’ agiye gutangiza ibitaramo ngarukakwezi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 20 June 2025 saa 11:59
Yasuwe :

Iryamukuru Etienne [5K Etienne] wamamaye muri Bigomba Guhinduka, yateguje ibitaramo ngarukakwezi by’urwenya.

Ni ibitaramo bizajya bibera muri M Hotel mu Mujyi wa Kigali, guhera ku wa 5 Nyakanga 2025.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, 5K Etienne yahamije ko agiye kujya akora ibi bitaramo kabiri mu kwezi mu rwego rwo kurushaho gutanga amahirwe yo kubona aho abantu bakunda urwenya bajya bahurira n’ababasetsa.

Ku rundi ruhande 5K Etienne avuga ko we atazaba akora nk’umunyarwenya gusa ahubwo ari we uzajya uyobora ibi bitaramo.

Uretse abanyarwenya bafite amazina akomeye bazakorana, 5K Etienne ahamya ko ateganya no gukorana n’abanyarwenya bakizamuka mu rwego rwo kurushaho kugaragaza impano zabo.

Abajijwe niba uyu mushinga udateye nk’isanzwe ihari nka Gen-Z Comedy n’indi, yavuze ko icyo bahuriyeho bose ari uko bategura ibitaramo by’urwenya ariko nta kindi.

Ati “Nka Gen-Z Comedy ni ibitaramo bimaze gufata izina, umunsi bibera umaze kumenyekana. Njye ndashaka gutegura ku buryo abantu bifuza kubona aho basohokera hari urwenya mu minsi ya ‘Weekend’ nabo bahabona.”

Nubwo yemeje ko ibi bitaramo azabitangira ku wa 5 Nyakanga 2025, 5K Etienne ntabwo yigeze avuga abanyarwenya bazafatanya, kuko azabatangaza mu minsi iri imbere.

5K Etienne wo muri ‘Bigomba Guhinduka’ agiye gutangiza ibitaramo ngarukakwezi
5K Etienne ahamya ko ibi bitaramo agiye gutegura bitavuze ko yatandukanye na mugenzi we bakoranye muri 'Bigomba guhinduka'
5K Etienne na Mazimpaka Japhet batangije 'Bigomba guhinduka' uyu munsi buri wese ari gukora ibikorwa bye ku giti cye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .