00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Umunyarwenya Alex Muhangi yikomye Bebe Cool

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 20 February 2025 saa 09:52
Yasuwe :

Nyuma y’uko Bebe Cool atumiwe mu gitaramo ‘Comedy store’ cyagombaga kubera mu Mujyi wa Kampala mu ijoro ryo ku wa 19 Gashyantare 2025 akavayo ataririmbye, Alex Muhangi yamwakijeho umuriro mu butumwa yatambukije ku mbuga nkoranyambaga.

Yifashishije urukuta rwe rwa ‘X’, Alex Muhangi yagize ati “Ubu noneho nsobanukiwe impamvu abantu benshi banga Bebe Cool.”

Ni ubutumwa uyu mugabo ufite izina rikomeye mu myidagaduro ya Uganda yatanze nyuma y’uko uyu muhanzi ataririmbye muri ‘Comedy store’, ibitaramo bisanzwe bitegurwa na Alex Muhangi.

Ku rundi ruhande abakurikirana imyidagaduro yo muri Uganda, bahamya ko kutaririmba muri iki gitaramo kwa Bebe Cool, kwatewe no kuba uyu muhanzi yarashakaga ko bamwishyura amafaranga ye yose mbere yo kujya ku rubyiniro.

Nyuma yo kubona ko batari kumuha amafaranga ye yose, Bebe Cool yahisemo kuva ahabereye igitaramo yisubirira mu rugo ataririmbye.

Comedy Store ni ibitaramo by’urwenya byatangijwe na Alex Muhangi ariko muri iyi minsi bimaze kugira izina rikomeye nyuma y’uko bitangiye guhuza urwenya n’umuziki cyane ko bitumira abanyarwenya n’abahanzi batandukanye.

Alex Muhangi yavuze ko yabonye impamvu abantu benshi banga Bebe Cool
Bebe Cool yahisemo kwitahira nyuma yo kubona ko abateguye igitaramo yatumiwemo banze kumwishyura amafaranga ye yose

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .