00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

The Ben na Diamond bahuriye i Kampala mbere y’igitaramo bakorera i Ntungamo

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 24 May 2025 saa 07:17
Yasuwe :

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Gicurasi 2025 ni bwo The Ben na Diamond bahuriye muri Kampala Serena Hotel mbere y’uko bose bahagurukana mu Mujyi wa Kampala berekeza ku Kibuga cy’Indege cya Entebbe aho bafatira kajugujugu igomba kubageza i Ntungamo.

The Ben na Diamond bakoranye indirimbo “Why” yabubakiye ubucuti bukomeye, bagiye kongera guhurira mu gitaramo byitezwe ko kibera i Ntungamo muri Uganda kuri uyu wa 24 Gicurasi 2025.

Ubwo bahuriraga kuri hoteli, aba bahanzi wabonaga ko bafitanye urukumbuzi babanje kuramukanya, baganira umwanya muto mbere y’uko basohoka ngo bafate imodoka zabajyanye ku kibuga cy’indege.

Mu byo baganiriye, Diamond yumvikanye abwira The Ben ko yabonye igitaramo cye i Kampala ukuntu cyari cyiza, ati “Nabonye igitaramo cyawe, byari ibisazi, abakobwa!”

The Ben na we mu kumusubiza yakomeje kumubwira ko yakoze uko ashoboye, ati “Nakoze ibintu byanjye!”

Diamond wabonaga ko akumbuye The Ben bikomeye, yamusabye ko yakwinjira mu modoka ye bakagenda baganira, abari babaherekeje na bo bafata izindi.

Iki gitaramo cyahujwe n’isiganwa ku maguru ryiswe ‘The Coffee Marathon’ cyateguwe mu rwego rwo gushyigikira abagore bo mu cyaro bahinga ikawa mu rwego rwo kwikura mu bukene.

Kwinjira muri iki gitaramo ni ibihumbi 30UGX ku bashaka kubanza gukina Marathon cyangwa ibihumbi 10UGX ku bashaka kwihera ijisho abahanzi gusa.

The Ben yitabiriye iki gitaramo nyuma y’icyo yakoreye muri Kampala Serena Hotel aho yataramiye abarenga 1500 afatanyije n’abandi bahanzi barimo Element Eleeeh, Kevin Kade, Ray G, Rema Namakulah n’abandi benshi.

The Ben na Diamond baherukaga guhurira ku rubyiniro muri Kanama 2023 ubwo bombi bataramiraga abari bitabiriye ibirori bya Trace Awards byabereye muri BK Arena.

Ibyishimo byari byose ubwo The Ben yongeraga guhura na Diamond
The Ben na Diamond bari bishimiranye bikomeye
The Ben na Diamond bagize umwanya wo kuganira bihagije

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .