Ibi Minisitiri Utumatwishima yabigarutseho mu butumwa yatambukije ku rukuta rwe rwa X.
Ati “Rubyiruko ndabizi murahuze muri iyi minsi kandi muri mu kazi neza. Igitaramo gitegurwa na Tom Close twarakimenye, tuzafatanya.”
Uretse gufatanya na Tom Close, Minisitiri Utumatwishima yasabye urubyiruko korohera abahanzi b’abanyamahanga baguye mu mutego wo kumva ibihuha k’u Rwanda.
Ati “Abahanzi b’abanyamahanga bagiye bagwa mu mutego w’ibihuha ku bibazo by’intambara imaze iminsi mu Karere, mu gukomeza gutegura iki gitaramo mushyiremo korohera inshuti zacu z’abahanzi bo mu mahanga. Abenshi nta makuru bafite ntitubahutaze, dukomeze tube imfura mu gusobanura ukuri kwacu.”
Mu kiganiro kigufi na Tom Close, yavuze ko mu byukuri nubwo iki gitaramo acyitirirwa nk’uwagize igitekerezo ariko ari icy’abahanzi bose kuko kugeza aka kanya hamaze kuboneka umubare mwiza w’abahanzi biyemeje kwifatanya nawe.
Tom Close yavuze ko ibiganiro bimeze neza ku mpande zombi ariko hagikomeje inyigo yo kureba uko iki gitaramo cyazagenda neza.
Byitezwe ko iki gitaramo cyazabera muri BK Arena ku wa 22 Werurwe 2025, itariki yari yatumiweho Tems wo muri Nigeria, ariko bikarangira ahagaritse iki gitaramo.
Mwaramutse #Rubyiruko,
Ndabizi muri busy muri iyi minsi kandi muri mu kazi neza 🙏.
Igitaramo gitegurwa na @tomcloseOG twarakimenye: Tuzafatanya.
✍🏿Abahanzi b’abanyamahanga bagiye bagwa mu mutego w’ibihuha na confusion muri iyi crisis iri mu Karere.
👌Mu gukomeza gutegura… pic.twitter.com/ILxZxZXNrU
— UTUMATWISHIMA (@jnabdallah) February 4, 2025

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!