00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenny Sol yatunguye Nel Ngabo mu gitaramo cya ‘Saint Valentin’ (Amafoto na Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 15 February 2025 saa 11:23
Yasuwe :

Ku munsi wahariwe abakundana ‘St Valentin’, Kina Music ibinyujije muri sosiyete yayo itegura ibitaramo ‘Kina Events’, yateguye igitaramo cyo kuwizihiza kiri mu ruhererekane rw’ibyitwa ‘Moonlight session’ bagiye kujya bakora buri mwaka, cyabereye muri ‘Atelier du vin’ mu ijoro ryo ku wa 14 Gashyantare 2025.

Iki gitaramo cyari cyatumiwemo abahanzi nka Nel Ngabo na Platini batanze ibyishimo ku bari bacyitabiriye bari biganjemo abasohokanye n’abakunzi babo.

Nel Ngabo ni we wabanje ku rubyiniro muri iki gitaramo, aririmbira abakunzi be nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe.

Ubwo yari ageze ku yitwa ‘Molomita’, Kenny Sol bayikoranye nawe wari wasohokeye muri aka kabari yatunguye Nel Ngabo, amusanga ku rubyiniro barayiririmbana abantu barushaho kwishima.

Nyuma ya Nel Ngabo, Platini nawe yageze ku rubyiniro, icyakora bitewe n’uko uyu muhanzi adafite indirimbo nyinshi zivuga ibyiza by’urukundo yabasabye kumufasha kuririmbana nawe izo bishimira.

Platini wataramiye abakunzi b’umuziki we nyinshi mu ndirimbo ze, yananyuzagamo akaririmba n’izo yakoze mu myaka yo ha mbere akibarizwa mu itsinda rya Dream Boys.

Umuyobozi wa Kina Music, itegura ibi bitaramo binyuze muri Kina Events, Ishimwe Clement yabwiye IGIHE ko nyuma y’iki gitaramo bagiye kwicara bagasuzuma uko cyagenze ari nabyo bibaha isura y’uko bakwiye kubikomeza.

Ku rundi ruhande, Ishimwe yari aherutse guhamya ko ibi bitaramo bizajya biba buri kwezi.

Nel Ngabo ni we wabanje ku rubyiniro
Nel Ngabo yatanze ibyishimo ku munsi w'abakundana
Kenny Sol yatunguye Nel Ngabo ku rubyiniro
Nel Ngabo na Platini baririmbanye indirimbo 'Molomita' bakoranye
Platini na Nel Ngabo baririmbanye indirimbo 'Ya motema' bakoranye mu myaka itanu ishize
Ibyishimo byari byose hagati ya Nel Ngabo na Platini bari bamaze gutanga ibyishimo muri iki gitaramo
Abantu bitabiriye iki gitaramo cyari kibaye bwa mbere
Platini yanyuzagamo agasusurutsa abakunzi b'umuziki mu ndirimbo yakoze mu myaka ishize akiri muri Dream Boys
Abakunzi b'umuziki bari benshi muri iki gitaramo

Amafoto: Kwizera Remy Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .