00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tujyane Mwami Live Concert, ishusho nshya y’ibitaramo byo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 26 September 2023 saa 08:26
Yasuwe :

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda habereye igitaramo "Tujyane Mwami Live Concert" kigamije ububyutse no gufasha abantu kwegera Imana binyuze mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza.

Ni igitaramo cyari cyatumiwemo abahanzi barimo James na Daniella, Josh Ishimwe, True Promises Ministry, Danny Mutabazi na Musinga Joe. Cyayobowe na Tracy Agasaro wa KC2 TV na Isaa Noel wa Isango Tv.

Kuri Dove Hotel habereye iki gitaramo hari harimbishijwe mu buryo bukomeye ku buryo buri meza yari ariho ururabo, amazi yo kunywa, n’ibindi.

Hari hateguwe kandi amafunguro y’ubwoko butandukaye n’ibyo kunywa by’amoko yose yaba umutobe, ikawa, amata n’ibindi. Ni ubwa mbere bibayeho mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda.

Kwinjira byari 30.000Frw ku muntu umwe 40.000 Frw kuri ’Couple’ na 15.000Frw ku banyeshuri.

"Tujyane Mwami" ni igitaramo kizajya kiba buri gihembwe kandi abacyitabiriye bose bakaramya Imana ndetse bakayihimbaza barimo gusangira amafunguro y’ubwoko butandukanye.

Umuyobozi wa K Square yateguye iki gitaramo, Kabiru Amit, ubwo yatangizaga iki gitaramo, yavuze ko bagitekereje bagamije guteza imbere umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Ati “Turabakiriye mu gitaramo cya mbere cya Tujyane Mwami Live Concert, reka twishimire urukundo rw’Imana.”

Iki gitaramo kitabiriwe n’abarimo ibyamamare mu muziki nyarwanda nka Munyanshoza Dieudonne uzwi cyane mu ndirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Aline Gahongayire, Nice Ndatabaye n’abandi.

True Promises nibo babanje ku rubyiniro, bakurikiwe na Danny Mutabazi waririmbye indirimbo ze zitandukanye ze zirimo Binkoze ku mutima, Calvary n’izindi.

Pastor Emmanuel Gberekpee wo muri Zion Temple Gatenga ni we wabwirije muri iki gitaramo. Habayeho no gusangira amafunguro atandukanye abari bitabiriye bacurangirwa na Dj Spin.

Uretse kumva ijambo ry’Imana, kuyiramya no kuyihimbaza ndetse no gusangira amafunguro, igitaramo "Tujyane Mwami" cyanabereyemo igikorwa cy’ubugiraneza aho K Square yafashije abanyeshuri babiri badafite ubushobozi bw’amafaranga yishuri, ibemerera kuzabishyurira amafaranga yose y’ishuri.

Hanatangajwe umushinga "True Promises Open Air Compainers" wo gufasha abana 25 batishoboye. Uzakorwa na True Promises Ministry ku bufatanye na K Square.

Abandi baramyi bari batumiwe barimo Musinga Joe, James na Daniella, na Josh Ishimwe bashimishije benshi mu bihangano byabo byakunzwe ndetse aba aribo bashyira iherezo kuri iki gitaramo.

Mbere y'igitaramo imihanda yerekeza kuri Dove Hotel ku Gisozi yari yakubise yuzuye
Tracy Agasaro wa KC2 ni umwe mu bayoboye iki gitaramo
True Promises bashimishije abitabiriye iki gitaramo
Muri iki gitaramo hari hateguwe amafunguro atandukanye
Kabiri Amit uyobora K Square yari yateguye iki gitaramo aganiriza abitabiriye
Josh Ishimwe yari yitwaje ababyinnyi babyinaga bya Kinyarwanda
Josh Ishimwe ni umwe mu bashimishije benshi muri iki gitaramo
James na Daniella ubwo bari ku rubyiniro
James na Daniella bakundirwa kuba ari bamwe mu bahanzi baririmba ibihangano bikora benshi ku mitima
Iki gitaramo cyabaye ku nshuro ya mbere gusa kizajya kiba buri gihembwe
Issa Kalinijabo na Tracy Agasaro nibo bayoboye iki gitaramo
Danny Mutabazi yashimishije abitabiriye
Cyari igitaramo kinogeye amaso
Abitabiriye babonye umwanya wo gusangira amafunguro atandukanye
Abantu bari bafashijwe
Abantu batandukanye bari bitabiriye iki gitaramo

Amafoto: Kwizera Remmy Moïse


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .