00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dr Bishop Rugagi yongeye gukandagira ku butaka bwa Tanzania nyuma y’imyaka 10 (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 29 September 2023 saa 10:27
Yasuwe :

Umushumba Mukuru w’Itorero ry’Abacunguwe (Redeemed Gospel Church), Bishop Dr Rugagi Innocent, yishimiye kongera kugera muri Tanzania aho yari amaze imyaka 10 adakandagira.

Bishop Dr Rugagi yageze mu Mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzania aho yatumiwe mu giterane cy’ivugabutumwa ryagutse nk’umwe mu bavugabutumwa mpuzamahanga.

Iki giterane ngarukamwaka, Youth Convention International, kiri mu ruhererekane rw’ibitegurwa n’Intumwa y’Imana, Elisha Cibavunya. Gihuza urubyiruko rwo muri Tanzania n’abandi baturutse mu bindi bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba.

Youth Convention International yatangiye kuwa 29 Nzeri, izasozwa ku wa 2 Ukwakira 2023. Mu masaha ya mbere ya saa Sita hatangwa amahugurwa y’urubyiruko abera muri Serena Hotel y’i Dar es Salaam nyuma ya saa Sita hakaba igiterane cy’abantu bose kizajya muri Convention Center i Dar es Salaam.

Dr Bishop Rugagi Innocent ni we mushyitsi mukuru muri iki giterane akaba n’umwigisha mukuru.

Ubwo yageraga muri Tanzania yakiranywe ubwuzu cyane ko yaherukagayo mu mwaka wa 2013.

Ubwo yageragayo yasanze ategerejwe bidasanzwe ndetse yeretswe urugwiro nk’uwari ukumbuwe cyane ku butaka bwa Tanzania.

Elisha Mulire, uyobora Ebener Restoration Ministry, yavuze ko bishimiye kwakira umukozi w’Imana udasanzwe.

Ati “Tanzania yahiriwe kwakira umukozi w’Imana. Amahanga menshi yagiriwe umugisha mu kumwakira. Imana imukoresha imirimo y’ibitangaza. Twamwakiriye ngo azabe inyigisho kuri bose. Natwe tuzaba duhari turimo.’’

Yakirijwe amashyi menshi n’impundu n’abari ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Julius Nyerere.

Bishop Dr Rugagi na we yashimye ikaze yahawe, ati “Ndashima ko nakiriwe neza. Tanzania igiye kumenyekana mu buryo budasanzwe. Nzi ko hari amateka mashya agiye kumvikana muri Dar es Salaam. Nzi neza ko hari imbuto tuzabiba.’’

Igiterane yatumiwemo muri Tanzania kije nyuma y’igihe avuye muri Kenya aho yakiranywe urugwiro, ubwo yari avuye muri Canada aho amaze igihe akorera ivugabutumwa.

Ku wa 11 Nyakanga 2023 ni bwo Bishop Rugagi yageze ku Kibuga cy’Indege muri Kenya, aho yitabiriye Igiterane cyiswe "Revival Fire in Kenya" cyateguwe na Prophet Dr. Joseph Njuguna.

Mu 2018, ni bwo Bishop Dr Rugagi yagiye gukorera ivugatumwa muri Canada. Yongeye gusubira mu Rwanda tariki 18 Nyakanga 2023, hari nyuma y’imyaka ine n’amezi atandatu atahakandagiza ikirenge.

Umushumba Mukuru w’Itorero ry’Abacunguwe, Bishop Dr Rugagi Innocent, yongeye gukandagira ku butaka bwa Tanzania nyuma y’imyaka 10
Ubwo yageraga i Dar es Salaam yakiranywe urugwiro
Bishop Dr Rugagi yageze mu Mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzania aho yatumiwe nk’umwe mu bavugabutumwa mpuzamahanga
Iki giterane cyiswe Youth Convention International gisanzwe kiba buri mwaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .